Categories: Amakuru ya RCSSlider

komiseri Mukuru w’Amagereza no kugorora muri Zimbabwe we n’itsinda rimuherekeje basuye Minisiteri y’umutekano mu Gihugu n’inzundagamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside

Mubyo basobanuriwe babwiwe ko, RCS ifite inshingano zo kwita kubakoze ibyaha bategurwa gusubira mu buzima busazwe barabaye abaturage beza, ni inshingano Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rumaze guteramo imbere kuko hari byinshi bamaze kugeraho mu kwita ku bantu baba barakoze ibyaha babategura gusubira mu buzima busanzwe, nkaho uwakoze icyaha yigishwa imyuga n’ubumenyingiro, kwiga amasomo atandukanye harimo nko gusoma no kwandika bibafasha kuba bakwiga andi masomo menshi ku bantu baba bataragize amahirwe yo kujya mu Ishuri.

Nyuma y’ibiganiro byiza byaranzwe no kungurana ibitekerezo abashyitsi batururtse mu Gihugu cya Zimbabwe basuye Ambasade yabo bakomereza ku nzundangamurage y’Amateka yo Guhagarika Jenoside bakorwa ku mutima n’ubutwari n’umutima ukomeye waranze Abasirikare b’inkotanyi mu bihe byari bigoye abantu barataye ubumuntu, ariko bo bagaharanira kurokora inzirakarengane zicwaga zirizira ubwoko zigakorerwaga Jenoside bikaba ngombwa ko ihagarikwa, Igihugu cy’u Rwanda kikaba gifite iterambere ryivugira.

Komiseri mukuru w’amagereza no kugorora muri Zimbabwe, CG Moses Cyril Ngawaite Chihobvu uyuboye iryo tsinda yavuze ko yakozwe ku mutima n’ubutwari bwaranze ingabo za RPA kugirango zibashe guhagarika Jenoside yakorerwaga ubwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati” Birababaje ariko nanone ni irindi somo tugomba kwigira ku basirikare ba RPA ,byari ibihe bigoye bisaba ubutwari, kwitanga kwihangana n’umutima ukomeye, ubutwari bwaranze ingabo za RPA ntacyo wabugereranya nabwo, ariko bwashibutsemo imbuto nzima ubu Igihugu gifite iterambere ryivugira, ibi twakabaye tubikuramo isomo rikomeye cyane ryo guha umuntu wese wambaye umubiri agaciro nkako nawe ufite, iribyo bizatuma turushaho kwiyubaka cyane ku rubyiruko rw’ejo hazaza.”

Yongeye kandi gushima Leta y’u Rwanda uburyo yita ku bantu bakoze ibyaha, bagahabwa ubumenyi mu rwego rwo kubategura gusubira mu buzima busanzwe ko ari ibintu by’ingenzi kuko bifasha umuntu usoje ibihano kwibeshaho aho kuba umutwaro ku Gihugu.

Batemberejwe inzundangamurage y’Amateka yo guhagarika Jenoside basobanurirwa uko ingabo za RPA zagize ubutwari bukomeye bikarangira zihagaritsi Jenoside.
Basobanuriwe uko RPA yagerageje ibishoboka kugirango ihagarike ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi ariko bikarangira babigezeho.
Aha basobanurirwaga ubutwari bw’Inkotanyi aho bahanganye n’ibitero bikomeye kandi bo badafite ibikoresho bihagije ariko bikarangira intego bayigezeho.
Aha berekwaga uko urugamba rwategurwaga barushushanya ku butaka kugira ngo babashe guhangana n’umwanzi.
Nyuma yo gusura Inzundangamurage y’Amateka yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, habayeho gufata ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.