Categories: Amakuru ya RCSSlider

Kuya 8 werurwe 2023 Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora( RCS) rwizihije umunsi mpuzamahanga w’Umugore

Mu ibi birori byuje imbyino,indirimbo n’ibindi bihangano,byitabiriwe n’abayobozi ba RCS,inzego za Leta,inzego z’umutekano n’abandi bafatanyabikorwa barimo: Foundation DiDe,Interpeace, MOG,Caritas n’abandi bayobozi batandukanye, bagarutse ku kwimakaza no gushishikariza abagore bagororerwa mu igogorero rya Ngoma guhanga udushya n’ikoranabuhanga kuko biteza imbere uburinganire.
Muri ibi birori byo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Umugore kandi, Ubuyobozi bw’iri gororero rya Ngoma bufatanije n’abagore barigororerwamo bamurikiye abari bahari ibikorwa bitandukanye birimo: Guha abana bato amata, kumurika umusaruro ukomoka ku buhinzi bugezweho, ubudozi bw’imyenya n’ibikapu byiza, hasuwe kandi ibyumba by’iburanisha hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga aho abagororwa bagaragaje ko bamaze gukataza mu ikoranabuhanga kuburyo basura bakanisomera dosiye zabo kuri mudasobwa.
SSP Olive MUKANTABANA wari uhagarariye Komiseri mukuru muri ibi birori yabwiye Abagore bagororerwa mu igororero rya Ngoma ko n’ubwo bagonganye n’amategeko, nka ba Mutimawurugo bakwiye guhora bazirikana ko ari ababyeyi b’u Rwanda rw’ejo maze abasaba kurushaho kwitabira guhanga udushya no kwita ku ikoranabuhanga kuko bizabafasha basubiye mu muryango nyarwanda.
Yagize ati” N’ubwo mwagonganye n’amategeko, muri nka ba Mutimawurugo mukwiye guhora muzirikana ko muri ababyeyi “u Rwanda rwejo kandi ndaba kurushaho kwitabira uguhanga udushya no kwita ku ikoranabuhanga kuko bizabafasha msubiye mu muryango Nyarwanda.”
Iyi nama yitabiriwe kandi aba bagore b’abagororwa baganirije kuri gahunda zitandukanye n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Ngoma n’uhagarariye DiDe muri iki gikorwa.

ni umunsi mukuru wizihijwe ku magororero yose by’umwihariko kurwego rw’Igihugu muri RCS, wizihirizwa ku Igororero rigororerwamo Abagore rya Ngoma.

Muri uyu muhango habayeho gutanga impano zitandukanye ku bagore bagiye bagaragaza udushya..
Abagore bahabwa umwanya bakisanzura kuri uwo munsi ndetse bakagaragaza amarangamutima mu mivugo.
Ku Igororero rya Ngoma rigororerwaho Abagore abana babana n’ababyeyi babo bahawe amata n’abayobozi batandukanye.
Ni umuhango witabiriwe n’Inzego zitandukanye harimo n’abihayimana.
Ku igororero rya Muhanga naho bizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore.
Abakozi b’Urwego b’umwuga babagore bakoze neza bagenewe udushimwe dutandukanye.
Nyuma y’ubusabane bagize Abakozi b’Urwego b’Umwuga b’Igororero rya Muhanga bafashe ifoto y’Urwibutso.
DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.