Mukankwaya ni umucungagerezakazi woherejwe n’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani mu butwamwa bw’amahoro mu gace ka Abyei, mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye buzwi nka (UNISFA) UNPOL mu rwego rwo kubungabunga amahoro, biturutse ku ntambara yabaye muri icyo gihugu, aho ibihugu bitandukanye byoherezayo abashinzwe gutanga ubutabazi no kugarura amahoro.
Iki gihembo gitangwa bijyanye n’umusanzu udasanzwe abari muri ubwo butumwa bagiye bagaragaza, mu kazi ka buri munsi mu bandi bakozi boherejwe n’ibihugu bitandukanye mu bikorwa byo kugarura amahoro by’Umuryango w’Abibumbye ku isi, kigatangirwa ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye I Newyork muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, aho gitangwa buri mwaka bikaba biteganyijwe ko mumpera z’uku kwezi kwa Kamena aribwo kizatangwa.
Kugirango ahabwe iki gihembo kandi bijyana n’umuhate wagaragaje mu gutezimbere Imfungwa ziri muri gereza aho uyu mugore yitaga bafungiye ahantu hatatu muri Abyei, yibanda cyane kukuvura abana bato n’abagore bari muri gereza, hubahirijwe amategeko arengera ikiremwamuntu ndetse n’uburenganzira bwa muntu, aho yafatanya n’abandi mukuzuza inshingano ze mu kazi, akorana n’inkiko zibanze,ndetse n’abanyamuryango ba komite zishinzwe kurengera abaturage(Community Protection Committee)hubahiriza uburenganzira bw’imfungwa.
Muri ubwo butumwa kandi Mukankwya arakomeza asaba ababurimo bose gukora ubukangurambaga n’ubuvugizi ku bikorwa bya UNPOL mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’ibindi bifitanye isano naryo anasaba ko hakorwa ubukangurambaga n’ubuvugizi mu nzego z’ibanze muri ibyo bihugu.
Mukankwaya asanzwe ari umukozi ushinzwe kugorora muri UNPOL muri Serivisizi itanga ubugororangingo akaba n’impuguke ikorera mu muryango w’abibumbye ushinzwe umutekano by’agateganyo muri Abyei (UNISFA) akaba umuyobozi w’itsinda ry’indashyikirwa kandi atanga ubumenyi bukomeye muri komite ishinzwe kurengera abaturage (CPC) ndetse no gucunga za gereza, bigafasha guteza imbere iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu muri gereza afatanyije n’banyamategeko ndetse n’ubucamanza.mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19, yagerageje kurwanya ikwirakwira ry’ubwandu muri gereza ndetse no mu baturage kugeza icyorezo kigabanutse kurwego cyari kiriho.
UNISFA ni rimwe mashami cumi na bibiri (12) y’umuryango w’abibumbye ari mu bikorwa byo kugarura amahoro byashyizweho n’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi muri Kamena 2011, gafite ishingano zo kurinda abaturage, gutanga ubutabazi, no kugenzura umupaka uhuza amajyaruguru n’amajyepfo.
Kuva u Rwanda rwatangira kohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro rumaze kohereza abarenga ku ijana na mirongo ine (140) aho kugeza ubu rufite mu abacungagereza cumi na babiri mu bihugu bitandukanye aribya centrafrica(8), sudani yepfo(3) ndetse na Sudani (1).
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.