Categories: Amakuru ya RCSSlider

Brigadier General Antonio Maurice – SERNAP Umuyobozi wa magereza muri Mozambique we n’itsinda yarayoboye basuye RCS

Bakigera ku cyicyaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa bakiriwe ndetse banahabwa ikaze na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda abaganiriza imikorere y’urwego ayobora ndetse n’imishinga itandukanye nko kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga n’ubumenyingiro, bibafasha kwitegura gusubira mu buzima busanzwe bakibeshaho hirindwa ko bazongera gusubira mu byaha kubera kutagira ikibafasha guhangana n’ubuzima.

Muri uru ruzinduko bagiriye mu Rwanda, mu bintu bari bafitiye inyota ni ukumenya uburyo amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa acungwa, hifashishijwe ikoranabuhanga aho basobanuriwe uko bigenda kandi bikanafasha kwihutisha akazi bitandukanye na mbere bagikoresha impapuro, kuko wasangaga bitwara umwanya, no kuba zakwangirika bikoroha bitewe nuko kuzibika bigorana bikanatwara umwanya munini mu bubiko bwazo.

Mu bindi baganirijweho harimo gukoresha ingufu zitangiza ibidukikije ariyo BIOGAZ ikoreshwa mu gutunganya ibiryo by’imfungwa n’abagororwa hadakoreshejwe inkwi ndetse n’uburyo uwakoze icyaha ategurwa mbere yo gusoza ibihano, akigishwa uburere mboneragihugu hakiyongeraho imyuga n’ubumenyingiro bizamufashe kwibeshaho asoje ibihano asubiye muri sosiyete Nyarwanda ntiyongere kubera igihugu umutwaro, aho bigishwa ububaji, Ubwubatsi, Gusudira, gukora amazi, ubudozi, gutunganya imisatsi, gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu ndetse n’indi myuga itandukanye. 

Abari bagize iryo tsinda banyuzwe n’ibisobanuro bahawe ku mikorere ya RCS, bava aho  baniyemeje ko nabo bagiye kuzakoresha ubu buryo mu gihugu  cyabo kuko basanze ari ingirakamaro kandi bifasha n’igihugu mu rugamba rw’iterambere isi yose ihanze amaso.

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.