Categories: Amakuru ya RCSSlider

Brigadier General Antonio Maurice – SERNAP Umuyobozi wa magereza muri Mozambique we n’itsinda yarayoboye basuye RCS

Bakigera ku cyicyaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa bakiriwe ndetse banahabwa ikaze na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda abaganiriza imikorere y’urwego ayobora ndetse n’imishinga itandukanye nko kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga n’ubumenyingiro, bibafasha kwitegura gusubira mu buzima busanzwe bakibeshaho hirindwa ko bazongera gusubira mu byaha kubera kutagira ikibafasha guhangana n’ubuzima.

Muri uru ruzinduko bagiriye mu Rwanda, mu bintu bari bafitiye inyota ni ukumenya uburyo amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa acungwa, hifashishijwe ikoranabuhanga aho basobanuriwe uko bigenda kandi bikanafasha kwihutisha akazi bitandukanye na mbere bagikoresha impapuro, kuko wasangaga bitwara umwanya, no kuba zakwangirika bikoroha bitewe nuko kuzibika bigorana bikanatwara umwanya munini mu bubiko bwazo.

Mu bindi baganirijweho harimo gukoresha ingufu zitangiza ibidukikije ariyo BIOGAZ ikoreshwa mu gutunganya ibiryo by’imfungwa n’abagororwa hadakoreshejwe inkwi ndetse n’uburyo uwakoze icyaha ategurwa mbere yo gusoza ibihano, akigishwa uburere mboneragihugu hakiyongeraho imyuga n’ubumenyingiro bizamufashe kwibeshaho asoje ibihano asubiye muri sosiyete Nyarwanda ntiyongere kubera igihugu umutwaro, aho bigishwa ububaji, Ubwubatsi, Gusudira, gukora amazi, ubudozi, gutunganya imisatsi, gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu ndetse n’indi myuga itandukanye. 

Abari bagize iryo tsinda banyuzwe n’ibisobanuro bahawe ku mikorere ya RCS, bava aho  baniyemeje ko nabo bagiye kuzakoresha ubu buryo mu gihugu  cyabo kuko basanze ari ingirakamaro kandi bifasha n’igihugu mu rugamba rw’iterambere isi yose ihanze amaso.

DK

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

9 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.