Bakigera ku cyicyaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa bakiriwe ndetse banahabwa ikaze na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda abaganiriza imikorere y’urwego ayobora ndetse n’imishinga itandukanye nko kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga n’ubumenyingiro, bibafasha kwitegura gusubira mu buzima busanzwe bakibeshaho hirindwa ko bazongera gusubira mu byaha kubera kutagira ikibafasha guhangana n’ubuzima.
Muri uru ruzinduko bagiriye mu Rwanda, mu bintu bari bafitiye inyota ni ukumenya uburyo amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa acungwa, hifashishijwe ikoranabuhanga aho basobanuriwe uko bigenda kandi bikanafasha kwihutisha akazi bitandukanye na mbere bagikoresha impapuro, kuko wasangaga bitwara umwanya, no kuba zakwangirika bikoroha bitewe nuko kuzibika bigorana bikanatwara umwanya munini mu bubiko bwazo.
Mu bindi baganirijweho harimo gukoresha ingufu zitangiza ibidukikije ariyo BIOGAZ ikoreshwa mu gutunganya ibiryo by’imfungwa n’abagororwa hadakoreshejwe inkwi ndetse n’uburyo uwakoze icyaha ategurwa mbere yo gusoza ibihano, akigishwa uburere mboneragihugu hakiyongeraho imyuga n’ubumenyingiro bizamufashe kwibeshaho asoje ibihano asubiye muri sosiyete Nyarwanda ntiyongere kubera igihugu umutwaro, aho bigishwa ububaji, Ubwubatsi, Gusudira, gukora amazi, ubudozi, gutunganya imisatsi, gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu ndetse n’indi myuga itandukanye.
Abari bagize iryo tsinda banyuzwe n’ibisobanuro bahawe ku mikorere ya RCS, bava aho baniyemeje ko nabo bagiye kuzakoresha ubu buryo mu gihugu cyabo kuko basanze ari ingirakamaro kandi bifasha n’igihugu mu rugamba rw’iterambere isi yose ihanze amaso.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.