Categories: Amakuru ya RCSSlider

“Ubumenyi bwigirwa muri gereza ni nk’ubwigirwa ahandi hose” CGP Juvenal MARIZAMUNDA”

Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye aho Umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Emmanuel Gasana na Irere Claudette umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe itumanaho, imyuga n’ubumenyingiro, bijyanye n’igikorwa cyo gutanga impamyabushobozi ku mfungwa n’abagororwa basoje amasomo mu myuga itandukanye bigiye muri gereza, izo mpamyabushobozi zikaba zemewe na WDA ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro kuko nubwo ziba zaratangiwe  muri gereza ntaho bijya byandikwa.

Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda mu ijambo rye muri uwo muhango yavuze abantu bakwiye kugirira icyizere abakuye ubumenyi muri gereza kuko bigishwa nkuko n’ahandi biga.

Yavuze ati ” turasaba ba rwiyemezamirimo kuzagirira icyizere abigiye umwuga muri gereza, kuko ubumenyi bwigirwa muri gereza ari nkubwo n’ahandi batanga ndetse twe aba ari n’akarusho kuko dufite ibikoresho bihagije kuburyo umunyeshuri wese usoje amasomo ajyanye n’umwuga n’ubumenyingiro ari muri gereza iyo ageze hanze usanga atanga umusaruro mwiza bijyanye nibyo yize, kuko abarimu babigisha bababa hafi cyane bigatuma bakurikirana amasomo uko bikwiriye kuko ntanikintu kibarangaza cyatuma badakurikirana amasomo neza.

Gahunda yo kwigisha imyuga n’ubumenyingiro muri gereza si nshya kuko imaze igihe ikorwa muri za gereza zitandukanye ndetse akaba atari n’ubwa mbere impamyabushobozi zitanzwe, ahubwo ari ubwa mbere zitanzwe ku mubare munini w’imfungwa n’abagororwa basoje kwiga imyuga n’ubumenyingiro bari muri gereza kuko mbere wasangaga ari umubare muto wahawe izo mpamyabumenyi bitewe n’ibikoresho byari bike ndetse n’inyubako nkeya muri rusange, ariko kugeza ubu ibyo bibazo bikaba byarakemutse nta mbogamizi ituma abiga batiga neza.

Kugeza ubu mu myuga itandukanye yigirwa muri gereza harimo Ubwubatsi, ububaji, ubudozi, Gusudira, gukora amazi, gutunganya imisatsi no gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu.

Ibi ni bimwe mu bikoresho byo mu mpu bikorwa n’imfungwa n’abagororwa
Iki ni icyumba abiga kudoda bigiramo muri gereza ya Nyarugenge
Inyubako zigishirizwamo imyuga n’ubumenyingiro kuri gereza zitandukanye zarubatswe
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.