Categories: Amakuru ya RCSSlider

“Ubumenyi bwigirwa muri gereza ni nk’ubwigirwa ahandi hose” CGP Juvenal MARIZAMUNDA”

Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye aho Umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Emmanuel Gasana na Irere Claudette umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi ushinzwe itumanaho, imyuga n’ubumenyingiro, bijyanye n’igikorwa cyo gutanga impamyabushobozi ku mfungwa n’abagororwa basoje amasomo mu myuga itandukanye bigiye muri gereza, izo mpamyabushobozi zikaba zemewe na WDA ikigo cy’igihugu gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro kuko nubwo ziba zaratangiwe  muri gereza ntaho bijya byandikwa.

Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda mu ijambo rye muri uwo muhango yavuze abantu bakwiye kugirira icyizere abakuye ubumenyi muri gereza kuko bigishwa nkuko n’ahandi biga.

Yavuze ati ” turasaba ba rwiyemezamirimo kuzagirira icyizere abigiye umwuga muri gereza, kuko ubumenyi bwigirwa muri gereza ari nkubwo n’ahandi batanga ndetse twe aba ari n’akarusho kuko dufite ibikoresho bihagije kuburyo umunyeshuri wese usoje amasomo ajyanye n’umwuga n’ubumenyingiro ari muri gereza iyo ageze hanze usanga atanga umusaruro mwiza bijyanye nibyo yize, kuko abarimu babigisha bababa hafi cyane bigatuma bakurikirana amasomo uko bikwiriye kuko ntanikintu kibarangaza cyatuma badakurikirana amasomo neza.

Gahunda yo kwigisha imyuga n’ubumenyingiro muri gereza si nshya kuko imaze igihe ikorwa muri za gereza zitandukanye ndetse akaba atari n’ubwa mbere impamyabushobozi zitanzwe, ahubwo ari ubwa mbere zitanzwe ku mubare munini w’imfungwa n’abagororwa basoje kwiga imyuga n’ubumenyingiro bari muri gereza kuko mbere wasangaga ari umubare muto wahawe izo mpamyabumenyi bitewe n’ibikoresho byari bike ndetse n’inyubako nkeya muri rusange, ariko kugeza ubu ibyo bibazo bikaba byarakemutse nta mbogamizi ituma abiga batiga neza.

Kugeza ubu mu myuga itandukanye yigirwa muri gereza harimo Ubwubatsi, ububaji, ubudozi, Gusudira, gukora amazi, gutunganya imisatsi no gukora ibikoresho bitandukanye mu mpu.

Ibi ni bimwe mu bikoresho byo mu mpu bikorwa n’imfungwa n’abagororwa
Iki ni icyumba abiga kudoda bigiramo muri gereza ya Nyarugenge
Inyubako zigishirizwamo imyuga n’ubumenyingiro kuri gereza zitandukanye zarubatswe
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.