Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana yaganirije Abahagororerwa abizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo

Mu mwanya yamaranye nabo yabijeje ubufatanye ababwira ko nta muntu ntumwe atazaha umwanya kandi ko nibagaragaza imyitwarire myiza imikoranire izarushaho kugenda neza.

Yagize ati”Ndagira ngo mbabwire ko nimwitwara neza mukagaragaza ko mwubaha ababayobora ko tuzafatanya ibibazo byose tukagerageza kubikemura, iyo hari imikoranire myiza ntacyananirana kuko haba hari ubufatanye kandi mugufatanya ntakintu kidashoboka, ndabasaba kugaragaza imyitwarire myiza ubundi ibibazo byose bihari tukabiha umurongo kandi ndabizeza ko nta kizananirana turikumwe, ndabasaba ko mubyo mukora byose mwarangwa n’ubunyangamugayo kuko ziri mundangagaciro ziranga Umunyarwanda.”

Mu igororero umuntu ashobora kuba yagira ikibazo runaka nkuko n’undi wese yakigira ari hanze nko gukenera ibintu runaka byamufasha mubuzima arimo kuko no mu Igororero ubuzima burakomeza, ariho ubuyobozi bugaragarira bagakemura ibyo bibazo, kuko umuntu ashobora kurwara agakenera ubuvuzi, agakenera ibikoresho by’isuku ibyo kurya biturutse hanze bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ubuyobozi bukamufasha kubona ibyo akeneye ndetse kenshi bakanakenera no kuvugana n’imiryango yabo ibyo byose bisaba ubuyobozi.

Igororero rya Rwamagana riherereye mu Ntara y’iburasirazuba mu karere ka Rwamagana, rikaba rigororerwamo abagabo gusa, baba barakoze ibyaha bitandukanye bakaza gusoreza ibihano byabo muri iryo gororero kuko baba barabihamijwe inkiko zikagena ko ariho basoreza ibihano, mu rwego rwo gushyira mubikorwa ibyemezo byazo.

Abagororwa n’Abantu bafunzwe b’igororero rya Rwamagana ubuyobozi bwabo babijeje ubufatanye.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Gahungu Ephrem ubwo yaganirizaga abagororerwa muri iryo gororero.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Aphrem Gahungu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.