Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana yaganirije Abahagororerwa abizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo

Mu mwanya yamaranye nabo yabijeje ubufatanye ababwira ko nta muntu ntumwe atazaha umwanya kandi ko nibagaragaza imyitwarire myiza imikoranire izarushaho kugenda neza.

Yagize ati”Ndagira ngo mbabwire ko nimwitwara neza mukagaragaza ko mwubaha ababayobora ko tuzafatanya ibibazo byose tukagerageza kubikemura, iyo hari imikoranire myiza ntacyananirana kuko haba hari ubufatanye kandi mugufatanya ntakintu kidashoboka, ndabasaba kugaragaza imyitwarire myiza ubundi ibibazo byose bihari tukabiha umurongo kandi ndabizeza ko nta kizananirana turikumwe, ndabasaba ko mubyo mukora byose mwarangwa n’ubunyangamugayo kuko ziri mundangagaciro ziranga Umunyarwanda.”

Mu igororero umuntu ashobora kuba yagira ikibazo runaka nkuko n’undi wese yakigira ari hanze nko gukenera ibintu runaka byamufasha mubuzima arimo kuko no mu Igororero ubuzima burakomeza, ariho ubuyobozi bugaragarira bagakemura ibyo bibazo, kuko umuntu ashobora kurwara agakenera ubuvuzi, agakenera ibikoresho by’isuku ibyo kurya biturutse hanze bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ubuyobozi bukamufasha kubona ibyo akeneye ndetse kenshi bakanakenera no kuvugana n’imiryango yabo ibyo byose bisaba ubuyobozi.

Igororero rya Rwamagana riherereye mu Ntara y’iburasirazuba mu karere ka Rwamagana, rikaba rigororerwamo abagabo gusa, baba barakoze ibyaha bitandukanye bakaza gusoreza ibihano byabo muri iryo gororero kuko baba barabihamijwe inkiko zikagena ko ariho basoreza ibihano, mu rwego rwo gushyira mubikorwa ibyemezo byazo.

Abagororwa n’Abantu bafunzwe b’igororero rya Rwamagana ubuyobozi bwabo babijeje ubufatanye.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Gahungu Ephrem ubwo yaganirizaga abagororerwa muri iryo gororero.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Aphrem Gahungu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

18 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.