Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana yaganirije Abahagororerwa abizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo

Mu mwanya yamaranye nabo yabijeje ubufatanye ababwira ko nta muntu ntumwe atazaha umwanya kandi ko nibagaragaza imyitwarire myiza imikoranire izarushaho kugenda neza.

Yagize ati”Ndagira ngo mbabwire ko nimwitwara neza mukagaragaza ko mwubaha ababayobora ko tuzafatanya ibibazo byose tukagerageza kubikemura, iyo hari imikoranire myiza ntacyananirana kuko haba hari ubufatanye kandi mugufatanya ntakintu kidashoboka, ndabasaba kugaragaza imyitwarire myiza ubundi ibibazo byose bihari tukabiha umurongo kandi ndabizeza ko nta kizananirana turikumwe, ndabasaba ko mubyo mukora byose mwarangwa n’ubunyangamugayo kuko ziri mundangagaciro ziranga Umunyarwanda.”

Mu igororero umuntu ashobora kuba yagira ikibazo runaka nkuko n’undi wese yakigira ari hanze nko gukenera ibintu runaka byamufasha mubuzima arimo kuko no mu Igororero ubuzima burakomeza, ariho ubuyobozi bugaragarira bagakemura ibyo bibazo, kuko umuntu ashobora kurwara agakenera ubuvuzi, agakenera ibikoresho by’isuku ibyo kurya biturutse hanze bitewe n’ubushobozi bw’umuntu ubuyobozi bukamufasha kubona ibyo akeneye ndetse kenshi bakanakenera no kuvugana n’imiryango yabo ibyo byose bisaba ubuyobozi.

Igororero rya Rwamagana riherereye mu Ntara y’iburasirazuba mu karere ka Rwamagana, rikaba rigororerwamo abagabo gusa, baba barakoze ibyaha bitandukanye bakaza gusoreza ibihano byabo muri iryo gororero kuko baba barabihamijwe inkiko zikagena ko ariho basoreza ibihano, mu rwego rwo gushyira mubikorwa ibyemezo byazo.

Abagororwa n’Abantu bafunzwe b’igororero rya Rwamagana ubuyobozi bwabo babijeje ubufatanye.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Gahungu Ephrem ubwo yaganirizaga abagororerwa muri iryo gororero.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Aphrem Gahungu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.