Ni Umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo izibanze, iz’umutekano n’abaturage ndetse n’abakozi b’urwego b’umwuga b’Igororero rya Nyagatare, utangira saa saa 9h00 za mugitondo urangira saa 11h30 min, nyuma y’umuganda habaho kuganiriza abawitabiriye ndetse bashimirwa ubwitange bwabo mu kwishakamo ibisubizo kuko ntakinanira abishize hamwe kandi byose tubifite mu bushobozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Murekatete Juliet yavuze ko uwo muganda wari ukenewe kandi hazapangwa n’undi rusange.
Yagize ati” Uyu muganda wari ukenewe kuko isuri yari imaze kuba nyinshi, tuzapanga undi rusange tuze twongere tugire ibindi dukora, amaboko ashyize hamwe ntacyayananira, ndashimira buriwese waje gutanga umusanzu we mu gukora uno muganda, twakoze igikorwa cyiza kandi muzakomeze mugaragaze umuhate wanyu mu gukunda igihugu kuko nacyo kibakorera byinshi kandi gihora gihangayikishijwe n’umuturage wacyo.”
Umuganda ni bumwe mu buryo abanyarwanda bihitiyemo mu kwishakamo ibisubizo, aho gutegereza ko igihugu aricyo gishoramo amafaranga kandi nabo hari ibyo bakabaye bikorera bahitamo guhuza amaboko bakagira ibyo bikorera.
Ni umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye n’abaturage mu rwego rwo guhuza imbaraga.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye bagnirijwe ndetse banashimirwa ubwitange bagize.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.