Ni Umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo izibanze, iz’umutekano n’abaturage ndetse n’abakozi b’urwego b’umwuga b’Igororero rya Nyagatare, utangira saa saa 9h00 za mugitondo urangira saa 11h30 min, nyuma y’umuganda habaho kuganiriza abawitabiriye ndetse bashimirwa ubwitange bwabo mu kwishakamo ibisubizo kuko ntakinanira abishize hamwe kandi byose tubifite mu bushobozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Murekatete Juliet yavuze ko uwo muganda wari ukenewe kandi hazapangwa n’undi rusange.
Yagize ati” Uyu muganda wari ukenewe kuko isuri yari imaze kuba nyinshi, tuzapanga undi rusange tuze twongere tugire ibindi dukora, amaboko ashyize hamwe ntacyayananira, ndashimira buriwese waje gutanga umusanzu we mu gukora uno muganda, twakoze igikorwa cyiza kandi muzakomeze mugaragaze umuhate wanyu mu gukunda igihugu kuko nacyo kibakorera byinshi kandi gihora gihangayikishijwe n’umuturage wacyo.”
Umuganda ni bumwe mu buryo abanyarwanda bihitiyemo mu kwishakamo ibisubizo, aho gutegereza ko igihugu aricyo gishoramo amafaranga kandi nabo hari ibyo bakabaye bikorera bahitamo guhuza amaboko bakagira ibyo bikorera.
Ni umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye n’abaturage mu rwego rwo guhuza imbaraga.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye bagnirijwe ndetse banashimirwa ubwitange bagize.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.