Ni Umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo izibanze, iz’umutekano n’abaturage ndetse n’abakozi b’urwego b’umwuga b’Igororero rya Nyagatare, utangira saa saa 9h00 za mugitondo urangira saa 11h30 min, nyuma y’umuganda habaho kuganiriza abawitabiriye ndetse bashimirwa ubwitange bwabo mu kwishakamo ibisubizo kuko ntakinanira abishize hamwe kandi byose tubifite mu bushobozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Murekatete Juliet yavuze ko uwo muganda wari ukenewe kandi hazapangwa n’undi rusange.
Yagize ati” Uyu muganda wari ukenewe kuko isuri yari imaze kuba nyinshi, tuzapanga undi rusange tuze twongere tugire ibindi dukora, amaboko ashyize hamwe ntacyayananira, ndashimira buriwese waje gutanga umusanzu we mu gukora uno muganda, twakoze igikorwa cyiza kandi muzakomeze mugaragaze umuhate wanyu mu gukunda igihugu kuko nacyo kibakorera byinshi kandi gihora gihangayikishijwe n’umuturage wacyo.”
Umuganda ni bumwe mu buryo abanyarwanda bihitiyemo mu kwishakamo ibisubizo, aho gutegereza ko igihugu aricyo gishoramo amafaranga kandi nabo hari ibyo bakabaye bikorera bahitamo guhuza amaboko bakagira ibyo bikorera.
Ni umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye n’abaturage mu rwego rwo guhuza imbaraga.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye bagnirijwe ndetse banashimirwa ubwitange bagize.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.