Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Muhanga Itorero ry’Abadivantisite ryabatije abagera kuri 505 bahagororerwa

Mu magororero buri wese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini n’itorero ashaka kuko no mubuzima busanzwe buriwese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini ashaka, mu igororero haba harimo abayoboke batandukanye bitewe n’imyemerere ya buri umwe iyo akoze icyaha aba afite amahitamo  yo gukomeza gusengera aho yasengeraga mbere atarakora icyaha cyangwa se agahindura idini bijyanye nuko yakunze inyigisho zabo zikamuhindura akaba yaba umuyoboke wabo agakomezanya nabo.

Kuba amadini n’amatorero bafata umwanya bakaza kuvuga ubutumwa mu magororero ni bumwe mu buryo bwo kugorora kuko ijambo ry’Imana naryo riri mu bifasha mu nzira yo kugorora, hari abaza gufungwa barabaye imbata y’icyaha ariko yagera mu Igororero yakurikirana inyigisho z’amadini atandukanye zikamufasha guhinduka akazasoza ibihano by’ibyaha yakoze yarabaye umuntu w’intangarugero, aha niho amadini n’amatorero afata iyambere akaza kuvuga ubutumwa mu magororero atandukanye mu rwego rwo gufasha abarimo kumva ubutumwa bwiza bw’Imana ndetse n’abafunzwe bafite aho basengera bakongera kumva inyigisho z’amadini yabo.

Mu magororero atandukanye amadini n’amatorero agira igihe agasaba uburenganzira akajya gutanga inyigisho zirimo ubutumwa bw’ihumure zibafasha kwitekerezaho ku bituma bari aho hantu kandi byagiye bitanga umusaruro kuko hari benshi bagiye bakira agakiza bakemera gukizwa bagasaba n’imbabazi abo bahemukiye cyane nk’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994, benshi bagiye bemera ibyo bakoze ndetse bemera no kujya kwerekana aho imwe mu mibiri yabo bishe bayijugunye banasaba imbabazi abo bahemukiye biturutse ku nyigisho z’amadini n’amatorero. Kugeza ubu mu Rwanda hari Amagororero 13, agororerwamo abantu bakoze ibyaha bitandukanye basengeraga mu madini n’amatorero atandukanye aho buriwese afite uburenganzira bwo gusengera aho ashaka kuko buriwese aba afite ayo mahimo ari nayo mpamvu y’umubatizo wabaye uyumunsi.

Itorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi ryatanze umubatizo ku bantu bafunzwe n’Abagororwa 505 ku Igororero rya Muhanga.

Ubwo bari mu muhango wo kubatiza abizera b’itorero ry’Abadiventiste.

Mu Igororero buri wese yemerewe gusengera mu idini ashaka bijyanye n’imyemerere ye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.