Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Muhanga Itorero ry’Abadivantisite ryabatije abagera kuri 505 bahagororerwa

Mu magororero buri wese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini n’itorero ashaka kuko no mubuzima busanzwe buriwese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini ashaka, mu igororero haba harimo abayoboke batandukanye bitewe n’imyemerere ya buri umwe iyo akoze icyaha aba afite amahitamo  yo gukomeza gusengera aho yasengeraga mbere atarakora icyaha cyangwa se agahindura idini bijyanye nuko yakunze inyigisho zabo zikamuhindura akaba yaba umuyoboke wabo agakomezanya nabo.

Kuba amadini n’amatorero bafata umwanya bakaza kuvuga ubutumwa mu magororero ni bumwe mu buryo bwo kugorora kuko ijambo ry’Imana naryo riri mu bifasha mu nzira yo kugorora, hari abaza gufungwa barabaye imbata y’icyaha ariko yagera mu Igororero yakurikirana inyigisho z’amadini atandukanye zikamufasha guhinduka akazasoza ibihano by’ibyaha yakoze yarabaye umuntu w’intangarugero, aha niho amadini n’amatorero afata iyambere akaza kuvuga ubutumwa mu magororero atandukanye mu rwego rwo gufasha abarimo kumva ubutumwa bwiza bw’Imana ndetse n’abafunzwe bafite aho basengera bakongera kumva inyigisho z’amadini yabo.

Mu magororero atandukanye amadini n’amatorero agira igihe agasaba uburenganzira akajya gutanga inyigisho zirimo ubutumwa bw’ihumure zibafasha kwitekerezaho ku bituma bari aho hantu kandi byagiye bitanga umusaruro kuko hari benshi bagiye bakira agakiza bakemera gukizwa bagasaba n’imbabazi abo bahemukiye cyane nk’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994, benshi bagiye bemera ibyo bakoze ndetse bemera no kujya kwerekana aho imwe mu mibiri yabo bishe bayijugunye banasaba imbabazi abo bahemukiye biturutse ku nyigisho z’amadini n’amatorero. Kugeza ubu mu Rwanda hari Amagororero 13, agororerwamo abantu bakoze ibyaha bitandukanye basengeraga mu madini n’amatorero atandukanye aho buriwese afite uburenganzira bwo gusengera aho ashaka kuko buriwese aba afite ayo mahimo ari nayo mpamvu y’umubatizo wabaye uyumunsi.

Itorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi ryatanze umubatizo ku bantu bafunzwe n’Abagororwa 505 ku Igororero rya Muhanga.

Ubwo bari mu muhango wo kubatiza abizera b’itorero ry’Abadiventiste.

Mu Igororero buri wese yemerewe gusengera mu idini ashaka bijyanye n’imyemerere ye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.