Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Muhanga Itorero ry’Abadivantisite ryabatije abagera kuri 505 bahagororerwa

Mu magororero buri wese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini n’itorero ashaka kuko no mubuzima busanzwe buriwese aba afite uburenganzira bwo gusengera mu idini ashaka, mu igororero haba harimo abayoboke batandukanye bitewe n’imyemerere ya buri umwe iyo akoze icyaha aba afite amahitamo  yo gukomeza gusengera aho yasengeraga mbere atarakora icyaha cyangwa se agahindura idini bijyanye nuko yakunze inyigisho zabo zikamuhindura akaba yaba umuyoboke wabo agakomezanya nabo.

Kuba amadini n’amatorero bafata umwanya bakaza kuvuga ubutumwa mu magororero ni bumwe mu buryo bwo kugorora kuko ijambo ry’Imana naryo riri mu bifasha mu nzira yo kugorora, hari abaza gufungwa barabaye imbata y’icyaha ariko yagera mu Igororero yakurikirana inyigisho z’amadini atandukanye zikamufasha guhinduka akazasoza ibihano by’ibyaha yakoze yarabaye umuntu w’intangarugero, aha niho amadini n’amatorero afata iyambere akaza kuvuga ubutumwa mu magororero atandukanye mu rwego rwo gufasha abarimo kumva ubutumwa bwiza bw’Imana ndetse n’abafunzwe bafite aho basengera bakongera kumva inyigisho z’amadini yabo.

Mu magororero atandukanye amadini n’amatorero agira igihe agasaba uburenganzira akajya gutanga inyigisho zirimo ubutumwa bw’ihumure zibafasha kwitekerezaho ku bituma bari aho hantu kandi byagiye bitanga umusaruro kuko hari benshi bagiye bakira agakiza bakemera gukizwa bagasaba n’imbabazi abo bahemukiye cyane nk’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994, benshi bagiye bemera ibyo bakoze ndetse bemera no kujya kwerekana aho imwe mu mibiri yabo bishe bayijugunye banasaba imbabazi abo bahemukiye biturutse ku nyigisho z’amadini n’amatorero. Kugeza ubu mu Rwanda hari Amagororero 13, agororerwamo abantu bakoze ibyaha bitandukanye basengeraga mu madini n’amatorero atandukanye aho buriwese afite uburenganzira bwo gusengera aho ashaka kuko buriwese aba afite ayo mahimo ari nayo mpamvu y’umubatizo wabaye uyumunsi.

Itorero ry’Abadivantisite b’umunsi wa karindwi ryatanze umubatizo ku bantu bafunzwe n’Abagororwa 505 ku Igororero rya Muhanga.

Ubwo bari mu muhango wo kubatiza abizera b’itorero ry’Abadiventiste.

Mu Igororero buri wese yemerewe gusengera mu idini ashaka bijyanye n’imyemerere ye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

10 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.