Ni uruzinduko ruri muri gahunda zisanzwe z’amadini, amatorero ndetse n’amakorari akora bigamije iyogezabutumwa, aho rwarakozwe n’itsinda ry’abanyeshuri batandatu bayobowe na Maniriho Jean Claude, umuyobozi w’itorero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, baje kwigisha abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare ijambo ry’Imana ndetse no kurushaho kumenya inyigisho za bibiliya.
Nyuma yo kubwiriza no gutambutsa inyigisho za bibiliya, abashyitsi basusurukije abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare binyujijwe mu ndirimbo, batanga ibitabo binyuranye by’iyogezabutumwa bikoreshwa n’iryo torero, harimo Ibyigisho biyobora abakuze ku kwiga Bibiliya 15, Inama z’imana 25, Ubuzima buzira umuze 25 bizafasha aba bana gukura mu gakiza ndetse no kubakundisha gusoma ibitabo bitandukanye ndetse banatanga bimwe mu bikoresho nkenerwa kuri abo bana harimo impapuro z’isuku, amasabune, umuti w’amenyo, amavuta yo kwisiga n’imyenda.
Umuyobozi wungirije w’Igororero rya Nyagatare SP Richard Cyubahiro, yashimiye iryo tsinda ry’abanyeshuri kuri urwo ruzinduko ndetse anabashimira ku butumwa batanze.
Yagize ati” mwakoze kuza kuganiriza aba bana kandi ndabashimiye ku butumwa mwatanze, uyi ni umusanzu ikomeye mu gikorwa cyo kugorora ikindi kandi inkunga y’ibikoresho mwatanze, izafasha aba bana, ndabasaba kuzajya muza kare kuko urabona ko inyigisho zanyu zari zikenewe, abana wabonaga banyotewe no kumva ijambo ry’Imana ndabashimiye kandi Imana ikomeze ibagure mu murimo wayo mukora.”
Ibikorwa by’ivugabutumwa mu Magororero bimaze kumenyererwa aho, usanga banagera igihe bakabatiza abayoboke babo bashya baba barakiriye agakiza bageze mu Igororero.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.