Ni uruzinduko ruri muri gahunda zisanzwe z’amadini, amatorero ndetse n’amakorari akora bigamije iyogezabutumwa, aho rwarakozwe n’itsinda ry’abanyeshuri batandatu bayobowe na Maniriho Jean Claude, umuyobozi w’itorero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, baje kwigisha abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare ijambo ry’Imana ndetse no kurushaho kumenya inyigisho za bibiliya.
Nyuma yo kubwiriza no gutambutsa inyigisho za bibiliya, abashyitsi basusurukije abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare binyujijwe mu ndirimbo, batanga ibitabo binyuranye by’iyogezabutumwa bikoreshwa n’iryo torero, harimo Ibyigisho biyobora abakuze ku kwiga Bibiliya 15, Inama z’imana 25, Ubuzima buzira umuze 25 bizafasha aba bana gukura mu gakiza ndetse no kubakundisha gusoma ibitabo bitandukanye ndetse banatanga bimwe mu bikoresho nkenerwa kuri abo bana harimo impapuro z’isuku, amasabune, umuti w’amenyo, amavuta yo kwisiga n’imyenda.
Umuyobozi wungirije w’Igororero rya Nyagatare SP Richard Cyubahiro, yashimiye iryo tsinda ry’abanyeshuri kuri urwo ruzinduko ndetse anabashimira ku butumwa batanze.
Yagize ati” mwakoze kuza kuganiriza aba bana kandi ndabashimiye ku butumwa mwatanze, uyi ni umusanzu ikomeye mu gikorwa cyo kugorora ikindi kandi inkunga y’ibikoresho mwatanze, izafasha aba bana, ndabasaba kuzajya muza kare kuko urabona ko inyigisho zanyu zari zikenewe, abana wabonaga banyotewe no kumva ijambo ry’Imana ndabashimiye kandi Imana ikomeze ibagure mu murimo wayo mukora.”
Ibikorwa by’ivugabutumwa mu Magororero bimaze kumenyererwa aho, usanga banagera igihe bakabatiza abayoboke babo bashya baba barakiriye agakiza bageze mu Igororero.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.