Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuhanzi Munyanshoza, yifatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge mu mugoroba wo kwibuka

Nkuko abanyarwanda bose n’inshuti zabo bari mucyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’abari mumagororero nabo bibuka nkuko abandi Banyarwanda bose baba bibuka, bakanahabwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’icyo gihe, aho ibiganiro bitangwa birimo ibitangwa n’ubuyobozi bw’iryo gororero ndetse n’abandi baturutse hanze barimo abari mu nzego zitandukanye zirimo abayobozi n’abanyamadini n’amatorero murwego rwo gufasha abari mumagororero gukira ibikomere no kumenya amateka kuko haba harimo ingeri zitandukanye.

Ni muri urwo rwego umuhanzi Munyanshoza yagiye mu Igororero rya Nyarugenge kwifatanya nabo mu mugoroba wo kwibuka nkuko n’ahandi hose bikorwa mu gihugu abanyarwanda bagasangira amateka yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni, akaba n’umwanya kandi wo gusobanurirwa urugendo rwo kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda mu bumwe n’ubudaheranwa.

Mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abari mu magororero bose babikora nkuko n’ahandi hose bikorwa ndetse bikanafasha benshi kubohoka kuko hari abatanga ubuhamya bwibyo bakoze bakerekana n’imibiri yabo bishe kandi bari barinangiye.

Umuhanzi Munyanshoza yibafatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge mu mugoroba wo Kwibuka.
Ubutumwa Munyanshoza atanga abucisha mu ndirimbo zo kwibuka.
Abakozi b’Igororero rya Nyarugenge nabo bifatanyije n’abahagororerwa mumugoroba wo kwibuka.
Amagororero yose abayarimo bibuka nkuko abandi banyarwanda bose bibuka.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.