Nkuko abanyarwanda bose n’inshuti zabo bari mucyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’abari mumagororero nabo bibuka nkuko abandi Banyarwanda bose baba bibuka, bakanahabwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’icyo gihe, aho ibiganiro bitangwa birimo ibitangwa n’ubuyobozi bw’iryo gororero ndetse n’abandi baturutse hanze barimo abari mu nzego zitandukanye zirimo abayobozi n’abanyamadini n’amatorero murwego rwo gufasha abari mumagororero gukira ibikomere no kumenya amateka kuko haba harimo ingeri zitandukanye.
Ni muri urwo rwego umuhanzi Munyanshoza yagiye mu Igororero rya Nyarugenge kwifatanya nabo mu mugoroba wo kwibuka nkuko n’ahandi hose bikorwa mu gihugu abanyarwanda bagasangira amateka yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni, akaba n’umwanya kandi wo gusobanurirwa urugendo rwo kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda mu bumwe n’ubudaheranwa.
Mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abari mu magororero bose babikora nkuko n’ahandi hose bikorwa ndetse bikanafasha benshi kubohoka kuko hari abatanga ubuhamya bwibyo bakoze bakerekana n’imibiri yabo bishe kandi bari barinangiye.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.