Buri mwaka kuva 1994 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, igahitana igahitana abasaga miliyoni b’inzirakaregane abanyarwanda bose bihaye gahunda yo kunamira abishwe muri icyo gihe, aho muri Mata bafata icyumweru bakunamira abishwe muri icyo gihe guhera taliki 07 kuko aribwo Jenoside yatangiye byeruye nyuma y’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ayobora u Rwanda, Juvenal Habyarimana.
Ibi bikorwa murwego rwo guha icyubahiro abari Abatutsi bishwe muri icyo, aho hatangwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ndetse na gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda nyuma yaho ihagarikiwe, akaba ari nayo mpamvu abari mumagororero nabo bibuka nk’abandi Banyarwanda bose.
Abari mumagororero bahabwa ibiganiro bitandukanye muri icyo cyumweru, bikibanda cyane kuri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge kuko haba harimo abagiye gusoza ibihano bagize uruhare muri Jenoside, baba bamaze igihe kinini batari muri sosiyete baba bakeneye inyigisho zizabafasha kubana neza nabo basanze.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.