Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abari mumagororero bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi  mu 1994

Buri mwaka kuva 1994 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, igahitana igahitana abasaga miliyoni b’inzirakaregane abanyarwanda bose bihaye gahunda yo kunamira abishwe muri icyo gihe, aho muri Mata bafata icyumweru bakunamira abishwe muri icyo gihe guhera taliki 07 kuko aribwo Jenoside yatangiye byeruye nyuma y’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ayobora u Rwanda, Juvenal Habyarimana.

Ibi bikorwa murwego rwo guha icyubahiro abari Abatutsi bishwe muri icyo, aho hatangwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ndetse na gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda nyuma yaho ihagarikiwe, akaba ari nayo mpamvu abari mumagororero nabo bibuka nk’abandi Banyarwanda bose.

Abari mumagororero bahabwa ibiganiro bitandukanye muri icyo cyumweru, bikibanda cyane kuri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge kuko haba harimo abagiye gusoza ibihano bagize uruhare muri Jenoside, baba bamaze igihe kinini batari muri sosiyete baba bakeneye inyigisho zizabafasha kubana neza nabo basanze.

SP Alain Gilbert Mbarushimana, umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo muri iryo Gororero.
Abo mu Igororero rya Nyarugenge bafataga umunota wo Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku ishuri rya RCS Training school Rwamagana nabo batangiye icyumweru cyo kwibuka.
Ni umwanya wo kongera kuganira ku mateka no kwigishwa kubumwe n’ubwiyunge n’ubudaheranwa.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.