Muri uwo muhango wo kwibuka kandi bifatanyije na bagenzi babo barikumwe mumasomo, bakora mu rwego rw’amagereza muri icyo gihugu (ZPCS), murwego rwo kubereka ko bifanyije nabo muri ibi bihe byo kwibuka abatutsi bishwe bazira uko baremwe, nkuko ibihugu byinshi birimo abanyarwanda bifatanya n’inshuti zabo bakibuka, uwo muhango ukaba uba buri mwaka.
uwo muhango wo kwibuka watangiye saa cyenda n’iminota 45 usozwa saa kumi n’imwe n’igice, aho umuyobozi mu bya Politiki muri iki gihugu akaba ari nawe wari umushyitsi mukuru P.T. CHIGIJI, aho mu ijambo rye yasabye abantu bose kubaha ikiremwamuntu aho kiva kikagera, bakirinda ikintu cyose cyatuma amaraso ameneka, asaba ko hatakongera kuba Jenoside ukundi.
Hasojwe n’ijambo rya Ambasaderi w’U Rwanda muri Zimbabwe James Musoni ashimira ashimira abaje kubafata mumugongo mumuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasaba gukomeza umubano bafitanye kuko ari ikintu kigenzi cyane anabashimira urukundo badahwema kubagaragariza umunsi kumunsi.
Nyuma yo gusoza umuhango wo kwibuka, abakozi ba RCS, bahuye na Ambasaderi James Musoni n’ubuyobozi bw’amagereza, abizeza ko agiye kuzategura uruzinduko bakazajyana gusura umuyobozi mukuru w’amagereza muri icyo gihugu.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.