Muri uwo muhango wo kwibuka kandi bifatanyije na bagenzi babo barikumwe mumasomo, bakora mu rwego rw’amagereza muri icyo gihugu (ZPCS), murwego rwo kubereka ko bifanyije nabo muri ibi bihe byo kwibuka abatutsi bishwe bazira uko baremwe, nkuko ibihugu byinshi birimo abanyarwanda bifatanya n’inshuti zabo bakibuka, uwo muhango ukaba uba buri mwaka.
uwo muhango wo kwibuka watangiye saa cyenda n’iminota 45 usozwa saa kumi n’imwe n’igice, aho umuyobozi mu bya Politiki muri iki gihugu akaba ari nawe wari umushyitsi mukuru P.T. CHIGIJI, aho mu ijambo rye yasabye abantu bose kubaha ikiremwamuntu aho kiva kikagera, bakirinda ikintu cyose cyatuma amaraso ameneka, asaba ko hatakongera kuba Jenoside ukundi.
Hasojwe n’ijambo rya Ambasaderi w’U Rwanda muri Zimbabwe James Musoni ashimira ashimira abaje kubafata mumugongo mumuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasaba gukomeza umubano bafitanye kuko ari ikintu kigenzi cyane anabashimira urukundo badahwema kubagaragariza umunsi kumunsi.
Nyuma yo gusoza umuhango wo kwibuka, abakozi ba RCS, bahuye na Ambasaderi James Musoni n’ubuyobozi bw’amagereza, abizeza ko agiye kuzategura uruzinduko bakazajyana gusura umuyobozi mukuru w’amagereza muri icyo gihugu.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.