Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abari mumagororero yose mu gihugu basoje icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi

Icyumweru cyahariwe kwibuka cyatangiye mu mwaka wa 1994, nyuma yuko ingabo za RPA, zari zimaze guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi yahitanye inzirakarengane z’abatutsi basaga miliyoni, nibwo guhera icyo gihe hahise hashyirwaho icyumweru cyahariwe kwibuka burimwaka hashyirwaho guhera ku Itariki ya 07 Mata buri mwaka kuko aribyo Jenoside yatangiye kumugaragaro umunsi uwari perezida wa Repubulika Juvenal Habyarimana indege yari arimo yari imaze gukora impanuka akayigwamo.

Muri icyo cyumweru hari ibiganiro bitandukanye bitangwa, harimo n’ibitangwa n’inzego zitandukanye ziturutse buyobozi bwite bwa Leta, ibitangwa  n’ubuyobozi bw’igororero ndetse na bamwe mu bagorororwa ubwabo kandi hakaba n’umwanya w’ubuhamya kuko hari benshi mu bagize uruhare muri Jenoside bemera uruhare rwabo bagasaba imbabazi kandi bari barinangiye bamwe bakanerekana aho imibiri yabo bishe batari barerekanye, nkuko abo mu Igororero rya Rwamagana hari abemeye gutanga amakuru y’imibiri atarashyingurwa mu cyubahiro bagasaba ubuyobozi ko bajya kuyerekana igashyingurwa mu cyubahiro.

Uyumunsi abari mumagororero yose basoje icyumweru cyo kwibuka ariko bikaba bizakomeza mu minsi 100 nkuko biba biteganyijwe, inyigisho zijyanye no kwibuka bikomeza gukorwa.

Mu Igororero rya Rwamagana mu gusoza icyumweru cyo kwibuka hari abagororwa bemeye gutanga amakuru y’imibiri batari baragaragaje kugirango ishyingurwe mucyubahiro.
Abakozi b’Igororero rya Rwamagana bifatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Rwamagana mu gusoza Icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.