Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abari mumagororero yose mu gihugu basoje icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi

Icyumweru cyahariwe kwibuka cyatangiye mu mwaka wa 1994, nyuma yuko ingabo za RPA, zari zimaze guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi yahitanye inzirakarengane z’abatutsi basaga miliyoni, nibwo guhera icyo gihe hahise hashyirwaho icyumweru cyahariwe kwibuka burimwaka hashyirwaho guhera ku Itariki ya 07 Mata buri mwaka kuko aribyo Jenoside yatangiye kumugaragaro umunsi uwari perezida wa Repubulika Juvenal Habyarimana indege yari arimo yari imaze gukora impanuka akayigwamo.

Muri icyo cyumweru hari ibiganiro bitandukanye bitangwa, harimo n’ibitangwa n’inzego zitandukanye ziturutse buyobozi bwite bwa Leta, ibitangwa  n’ubuyobozi bw’igororero ndetse na bamwe mu bagorororwa ubwabo kandi hakaba n’umwanya w’ubuhamya kuko hari benshi mu bagize uruhare muri Jenoside bemera uruhare rwabo bagasaba imbabazi kandi bari barinangiye bamwe bakanerekana aho imibiri yabo bishe batari barerekanye, nkuko abo mu Igororero rya Rwamagana hari abemeye gutanga amakuru y’imibiri atarashyingurwa mu cyubahiro bagasaba ubuyobozi ko bajya kuyerekana igashyingurwa mu cyubahiro.

Uyumunsi abari mumagororero yose basoje icyumweru cyo kwibuka ariko bikaba bizakomeza mu minsi 100 nkuko biba biteganyijwe, inyigisho zijyanye no kwibuka bikomeza gukorwa.

Mu Igororero rya Rwamagana mu gusoza icyumweru cyo kwibuka hari abagororwa bemeye gutanga amakuru y’imibiri batari baragaragaje kugirango ishyingurwe mucyubahiro.
Abakozi b’Igororero rya Rwamagana bifatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Rwamagana mu gusoza Icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

5 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.