Aya mahugurwa agamije gufasha abita ku bana babana na ba nyina mu Igororero, aho babitaho umunsi ku munsi babatoza zimwe mu ndangagaciro zituma umwana akura ameze nk’undi mwana wese utari mu Igororero, mubyo batozwa harimo ikinyabupfura, kwigishwa gusoma no kwandika byibanze, udukino tubakangura mu bwonko no kugerageza kubafasha mu gukuza intekerezo kugirango bazasubire mu miryango bari kurwego rumwe n’abandi.
Itegeko riteganya ko umwana utarageza imyaka itatu aba afite uburenganzira bwo kudatandukana n’umubyeyi akaba ariyo mpamvu usanga mu Igororero hari abana baba bari kumwe n’ababyeyi babo, kuko hari abaza babafite batarageza imyaka itatu, hakaba n’abaza batwite bakabyarira mu Igororero bakagumana n’ababyeyi babo mpaka bagejeje imyaka itegeko riteganya ko ashobora kuba yatandukana n’umubyeyi agasubira mu muryango.
Kugeza ubu mu Rwanda harimo amagororero 13, aho abiri ariyo Nyamagabe na Ngoma ariyo agororerwamo abagore gusa, hakaba andi abiri arimo abagabo n’abagore ariyo Nyarugenge na Musanze, hakiyongeraho n’iry’abana rya Nyagatare andi asigaye akaba abamo abagabo gusa.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.