Aya mahugurwa agamije gufasha abita ku bana babana na ba nyina mu Igororero, aho babitaho umunsi ku munsi babatoza zimwe mu ndangagaciro zituma umwana akura ameze nk’undi mwana wese utari mu Igororero, mubyo batozwa harimo ikinyabupfura, kwigishwa gusoma no kwandika byibanze, udukino tubakangura mu bwonko no kugerageza kubafasha mu gukuza intekerezo kugirango bazasubire mu miryango bari kurwego rumwe n’abandi.
Itegeko riteganya ko umwana utarageza imyaka itatu aba afite uburenganzira bwo kudatandukana n’umubyeyi akaba ariyo mpamvu usanga mu Igororero hari abana baba bari kumwe n’ababyeyi babo, kuko hari abaza babafite batarageza imyaka itatu, hakaba n’abaza batwite bakabyarira mu Igororero bakagumana n’ababyeyi babo mpaka bagejeje imyaka itegeko riteganya ko ashobora kuba yatandukana n’umubyeyi agasubira mu muryango.
Kugeza ubu mu Rwanda harimo amagororero 13, aho abiri ariyo Nyamagabe na Ngoma ariyo agororerwamo abagore gusa, hakaba andi abiri arimo abagabo n’abagore ariyo Nyarugenge na Musanze, hakiyongeraho n’iry’abana rya Nyagatare andi asigaye akaba abamo abagabo gusa.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.