Aya mahugurwa agamije gufasha abita ku bana babana na ba nyina mu Igororero, aho babitaho umunsi ku munsi babatoza zimwe mu ndangagaciro zituma umwana akura ameze nk’undi mwana wese utari mu Igororero, mubyo batozwa harimo ikinyabupfura, kwigishwa gusoma no kwandika byibanze, udukino tubakangura mu bwonko no kugerageza kubafasha mu gukuza intekerezo kugirango bazasubire mu miryango bari kurwego rumwe n’abandi.
Itegeko riteganya ko umwana utarageza imyaka itatu aba afite uburenganzira bwo kudatandukana n’umubyeyi akaba ariyo mpamvu usanga mu Igororero hari abana baba bari kumwe n’ababyeyi babo, kuko hari abaza babafite batarageza imyaka itatu, hakaba n’abaza batwite bakabyarira mu Igororero bakagumana n’ababyeyi babo mpaka bagejeje imyaka itegeko riteganya ko ashobora kuba yatandukana n’umubyeyi agasubira mu muryango.
Kugeza ubu mu Rwanda harimo amagororero 13, aho abiri ariyo Nyamagabe na Ngoma ariyo agororerwamo abagore gusa, hakaba andi abiri arimo abagabo n’abagore ariyo Nyarugenge na Musanze, hakiyongeraho n’iry’abana rya Nyagatare andi asigaye akaba abamo abagabo gusa.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.