Aya mahugurwa agamije gufasha abita ku bana babana na ba nyina mu Igororero, aho babitaho umunsi ku munsi babatoza zimwe mu ndangagaciro zituma umwana akura ameze nk’undi mwana wese utari mu Igororero, mubyo batozwa harimo ikinyabupfura, kwigishwa gusoma no kwandika byibanze, udukino tubakangura mu bwonko no kugerageza kubafasha mu gukuza intekerezo kugirango bazasubire mu miryango bari kurwego rumwe n’abandi.
Itegeko riteganya ko umwana utarageza imyaka itatu aba afite uburenganzira bwo kudatandukana n’umubyeyi akaba ariyo mpamvu usanga mu Igororero hari abana baba bari kumwe n’ababyeyi babo, kuko hari abaza babafite batarageza imyaka itatu, hakaba n’abaza batwite bakabyarira mu Igororero bakagumana n’ababyeyi babo mpaka bagejeje imyaka itegeko riteganya ko ashobora kuba yatandukana n’umubyeyi agasubira mu muryango.
Kugeza ubu mu Rwanda harimo amagororero 13, aho abiri ariyo Nyamagabe na Ngoma ariyo agororerwamo abagore gusa, hakaba andi abiri arimo abagabo n’abagore ariyo Nyarugenge na Musanze, hakiyongeraho n’iry’abana rya Nyagatare andi asigaye akaba abamo abagabo gusa.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.