Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yatangaje ko iyi nama izabera mu Rwanda ku matariki ya 25 na 26 Ugushyingo 2013 kubera ko ari rwo rwahawe kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu gihe cy’imyaka 2.
DCG Mary Gahonzire yakomeje avuga ko u Rwanda rwahawe kuyobora Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku kugorora kubera ko rufite imiyoborere myiza kandi ngo abasirikare n’abapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro hirya no hino ku Isi bitwara neza, bityo u Rwanda rukaba rwariyambajwe n’uwo muryango kugira ngo rutange impinduka no mu bijyanye no kugorora.
Abazitabira iyi nama y’umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora izabera i Kigali bagera kuri 40 barimo Abayobozi ba za gereza bazaturuka mu Bihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikorana na za Gereza.
U Rwanda rwasimbuye Igihugu cya Suwede ku bunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu mwaka wa 2012na rwo rukazasimburwa kuri uyu mwanya na Kanada nyuma y’imyaka 2.
Kuri ubu ibihugu u Rwanda rwoherezamo abacungagereza mu butumwa bw’amahoro ni Haiti, Sudani y’Amajyepfo, Liberiya, Cote d’Ivoire na Sudani.
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
This website uses cookies.