Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yatangaje ko iyi nama izabera mu Rwanda ku matariki ya 25 na 26 Ugushyingo 2013 kubera ko ari rwo rwahawe kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu gihe cy’imyaka 2.
DCG Mary Gahonzire yakomeje avuga ko u Rwanda rwahawe kuyobora Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku kugorora kubera ko rufite imiyoborere myiza kandi ngo abasirikare n’abapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro hirya no hino ku Isi bitwara neza, bityo u Rwanda rukaba rwariyambajwe n’uwo muryango kugira ngo rutange impinduka no mu bijyanye no kugorora.
Abazitabira iyi nama y’umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora izabera i Kigali bagera kuri 40 barimo Abayobozi ba za gereza bazaturuka mu Bihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikorana na za Gereza.
U Rwanda rwasimbuye Igihugu cya Suwede ku bunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu mwaka wa 2012na rwo rukazasimburwa kuri uyu mwanya na Kanada nyuma y’imyaka 2.
Kuri ubu ibihugu u Rwanda rwoherezamo abacungagereza mu butumwa bw’amahoro ni Haiti, Sudani y’Amajyepfo, Liberiya, Cote d’Ivoire na Sudani.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.