Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yatangaje ko iyi nama izabera mu Rwanda ku matariki ya 25 na 26 Ugushyingo 2013 kubera ko ari rwo rwahawe kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu gihe cy’imyaka 2.
DCG Mary Gahonzire yakomeje avuga ko u Rwanda rwahawe kuyobora Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku kugorora kubera ko rufite imiyoborere myiza kandi ngo abasirikare n’abapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro hirya no hino ku Isi bitwara neza, bityo u Rwanda rukaba rwariyambajwe n’uwo muryango kugira ngo rutange impinduka no mu bijyanye no kugorora.
Abazitabira iyi nama y’umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora izabera i Kigali bagera kuri 40 barimo Abayobozi ba za gereza bazaturuka mu Bihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikorana na za Gereza.
U Rwanda rwasimbuye Igihugu cya Suwede ku bunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu mwaka wa 2012na rwo rukazasimburwa kuri uyu mwanya na Kanada nyuma y’imyaka 2.
Kuri ubu ibihugu u Rwanda rwoherezamo abacungagereza mu butumwa bw’amahoro ni Haiti, Sudani y’Amajyepfo, Liberiya, Cote d’Ivoire na Sudani.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.