Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yatangaje ko iyi nama izabera mu Rwanda ku matariki ya 25 na 26 Ugushyingo 2013 kubera ko ari rwo rwahawe kuyobora ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu gihe cy’imyaka 2.
DCG Mary Gahonzire yakomeje avuga ko u Rwanda rwahawe kuyobora Ubunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku kugorora kubera ko rufite imiyoborere myiza kandi ngo abasirikare n’abapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro hirya no hino ku Isi bitwara neza, bityo u Rwanda rukaba rwariyambajwe n’uwo muryango kugira ngo rutange impinduka no mu bijyanye no kugorora.
Abazitabira iyi nama y’umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora izabera i Kigali bagera kuri 40 barimo Abayobozi ba za gereza bazaturuka mu Bihugu bitandukanye ndetse n’imiryango mpuzamahanga ikorana na za Gereza.
U Rwanda rwasimbuye Igihugu cya Suwede ku bunyamabanga bw’Umuryango w’Abibumbye ku bijyanye no kugorora mu mwaka wa 2012na rwo rukazasimburwa kuri uyu mwanya na Kanada nyuma y’imyaka 2.
Kuri ubu ibihugu u Rwanda rwoherezamo abacungagereza mu butumwa bw’amahoro ni Haiti, Sudani y’Amajyepfo, Liberiya, Cote d’Ivoire na Sudani.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.