Categories: Amakuru ya RCS

Muri Gereza ya Nyarugenge hatangijwe amahugurwa ku gukiza ibikomere by’ihungabana

Nk’uko byatangajwe na SIZERI Marcellin wari uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda ngo ayo mahugurwa bayatekereje kubera ibikomere umuryango nyarwanda ufite biturutse kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Yagize ati “kuba umuryango nyarwanda ufite ibikomere biturutse ku mateka u Rwanda rwanyuzemo arimo Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, birakwiye no kwita ku mfungwa n’abagororwa bari muri za Gereza, kuko na bo ari Abanyarwanda barimo ingeri zose, abakoze ibyaha bya Jenoside n’abayirokotse”.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge GAHIMA Rusa yasabye abagororwa bagize amahirwe yo kubona ayo mahugurwa gukurikirana inyigisho zose zateganyijwe uko bikwiye kugira ngo bazabashe gufasha bagenzi babo, cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20. Yabibukije kandi ko ubumenyi bazabonera muri ayo mahugurwa atari ubwo gukoresha gusa muri Gereza ko ahubwo buzanabagirira akamaro nyuma yo gusubira mu miryango yabo barangije ibihano bakatiwe n’inkiko.

Biteganyijwe ko aya mahugurwa ku gukiza ibikomere by’ihungabana hifashishijwe ijambo ry’Imana azagera no ku bandi bagororwa bo mu zindi Gereza ziri hirya no hino mu Gihugu.

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.