Nk’uko byatangajwe na Komiseri Mukuru wa RCS, ni mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa inyubako nk’iyo zigenda zubakwa kuri za Gereza ziri hirya no hino mu Gihugu. Komiseri Mukuru wa RCS yagize ati, “uko Leta y’u Rwanda yitaye ku guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda, abagororerwa muri za Gereza dushinzwe na bo ntibibagiranye, ni muri urwo rwego rero inyubako igezweho nk’iyi igenewe gucumbikira Imfungwa n’Abagororwa iri kubakwa hano kuri Gereza ya Rwamagana”.
Komiseri Mukuru wa RCS yakomeje atangaza ko RCS ikomeje gahunda ndende yatangiye yo kubaka inyubako zigezweho zigenewe amacumbi y’Imfungwa n’Abagororwa, bityo mu cyerekezo 2020 u Rwanda ruri kuganamo, Gereza zose zikazaba zifite inyubako zibereye ijisho.
Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka iyi nyubako igizwe n’ibice bine (blocs) izaba yarangiye ku itariki ya 31/01/2014, ikazaba ifite ubushobozi bwo gucumbikira Imfungwa n’Abagororwa ibihumbi bibiri (2,000). Iyi nyubako yatangiye kubakwa mu kwezi kwa Mutarama 2013 izuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni Magana ane (400,000, 000 Frw).
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.