Categories: Amakuru ya RCS

Kugira ishuri riboneye ni wo musingi w’iterambere rya RCS- CGP Paul RWARAKABIJE

Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kugira ngo abakozi ba RCS bashobore gusohoza inshingano zitoroshye zo kugorora ababa bagonganye n’amategeko bari muri za Gereza hirya no hino mu Gihugu, ko ari ngombwa guhora bongererwa ubumenyi biciye mu mahugurwa y’ingeri zinyuranye bahabwa. Yongeyeho ko kugira ngo ibyo bigerweho RCS igomba kugira ishuri riboneye, ryujuje ibisabwa birimo ibikoresho byose bikenewe kandi bihagije ndetse n’abarimu bafite ubumenyi buhagije, kuko nk’uko yabishimangiye kugira ngo umwarimu atange ibireshya n’urutoki agomba kuba azi ibireshya n’ukuboko.

Ku bijyanye n’amasomo agomba kwigishwa, Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko politiki irebana n’ayo masomo yamaze gusohoka kandi ko n’imfashanyigisho zirimo ibitabo n’ibindi bikoresho zamaze gutegurwa, igisigaye ngo ni ugutegura urutonde rw’abakozi bagomba guhurwa mu cyiciro kizatangira muri Mutarama 2014.

Komiseri Mukuru wa RCS yasabye ubuyobozi bushinzwe amahugurwa muri RCS guteganya guhugura abakozi benshi kandi mu kubahitamo ntihatekerezwe gusa ku bacungagereza bato, ahubwo hakibandwa ku bacungagereza bo mu rwego rwa ba Ofisiye.

Twabamenyesha ko Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS ryahoze rikorera i Duha mu Murenge wa Musha, ubu rikaba ryarimukiye mu isambu ya RCS isanzwe yubatsemo Gereza ya Rwamagana mu Murenge wa Muhazi. Iryo shuri ryongerera ubumenyi abacungereza mu bijyanye no gucunga umutekano w’Imfungwa n’abagororwa, uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa, imyitwarire y’abacungagereza, uko umucungagereza agomba kwitwara mu gihe Gereza ibayemo ibihe bidasanzwe n’ibindi.

DK

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 days ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

5 days ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

2 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

2 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

4 weeks ago

This website uses cookies.