Categories: Amakuru ya RCS

GEREZA YA GASABO IKORESHA BIOGAS KU GIPIMO CYA 96% MU GUTEKERA IMFUNGWA N’ABAGORORWA BARENGA 4,500

Nk’uko twabitangarijwe n’Umuyobozi wa Gereza ya Gasabo, Bwana MURARA Michel kuri uyu wa gatatu tariki ya 29/01/2014, ikoreshwa rya biogas muri iyo Gereza ryatangiye kugeragezwa mu mwaka wa 2005 ku buryo mu myaka yakurikiyeho hagiye habaho gukosora ibitaragendaga neza, ubu rikaba riri ku rugero rushimishije kuko Gereza iyikoresha ku gipimo cya 96% mu gutekera imfungwa n’abagororwa 4584 bari muri iyo Gereza kuri iyo tariki. Umuyobozi wa Gereza ya Gasabo yemeza kandi ko ikoreshwa rya biogas muri iyo Gereza mu mirimo yo gutekera imfungwa n’abagororwa habonekamo inyungu nyinshi kandi bigakemura n’ibibazo byinshi.

Yagize ati “mbere na mbere gukoresha biogas birengera ibidukikije kuko kugira ngo utekere ibyo kurya, igikoma ndetse n’amazi yo kunywa umubare w’imfungwa n’abagororwa bari muri iyi Gereza buri munsi, hagombye gukoreshwa inkwi zingana nibura n’amasiteri 17. Nyamara kubera ikoreshwa rya biogas, kugeza ubu Gereza ikoresha inkwi zingana n’isiteri imwe gusa buri munsi”.

Umuyobozi wa Gereza ya Gasabo yakomeje asobanura ko gukoresha biogas bituma mu gikoni hagaragara isuku ndetse bikarinda n’abayikoresha kuba barwara indwara zitandukanye zirimo iz’amaso n’iz’ubuhumekero kuko nta myotsi iteza nk’uko byagendaga hagikoreshwa inkwi 100%.

Byongeye kandi ngo byagabanyije n’umubare w’imfungwa n’abagororwa bakoreshwaga mu mirimo y’igikoni kuko mbere Gereza yakoreshaga abakozi 180 mu gihe ubu ikoresha 19 gusa. Yagize ati “harimo inyungu nyinshi kuko abo bandi ubu bashyirwa mu yindi mirimo nyongeramusaruro”. Ikindi ni uko gukoresha biogas bituma muvelo zitekwamo zidasaza vuba nk’izikoresheje ku nkwi.

 Ku ruhande rw’abagororwa bungutse ubumenyi ku buryo bwo gukora biogas, na bo batangaza ko bibafitiye inyungu kubera ko abarangije ibihano bakatiwe n’Inkiko barabonye ubwo bumenyi iyo bageze hanze bubafasha kwibeshaho no kubeshaho imiryango yabo.

Umugororwa witwa NSENGIYUMVA Grégoire, umwe mu bagororwa wahawe ubumenyi bujyanye no gukora biogas yadutangarije ko ubu ageze ku rwego rwo gukora imishinga ya biogas ngo ku rugero rumwe n’ababyize muri za Kaminuza. Yongeyeho ko igihe azaba yabashije gusubira mu muryango we azaba Rwimezamirimo wo ku rwego rwo hejuru mu bijyanye na biogas abikesha ubumenyi yaboneye muri Gereza. Ikindi yavuze ni uko hari abagororwa bagera kuri 20 bize gukora biogas ubu barangije ibihano byabo kandi ngo amakuru amugeraho ni uko bibeshejeho kubera uwo mwuga.

NSENGIYUMVA yasobanuye ko kugeza ubu biogas ikoreshwa muri Gereza ya Gasabo iboneka hakoreshejwe imyanda yo mu bwiherero n’ibisigazwa byo mu gikoni ku buryo haboneka ingufu zingana na m³ 425 buri munsi zikoreshwa mu guteka toni 1.5 z’ibigori, toni 1.2 z’ibishyimbo, litiro 1000 z’amazi yo kunywa n’igikoma.

Usibye kuri Gereza ya Gasabo, biogas ikoreshwa no ku zindi Gereza ziri hirya no hino mu Gihugu nka Rwamagana, Bugesera, Huye, Nyanza, Muhanga, Rusizi, Gicumbi n’izindi. Intego ya RCS ikaba ari uko mu myaka iri imbere biogas yazakoreshwa ku gipimo cya 100% muri za Gereza zose.

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.