Categories: Amakuru ya RCS

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu arasaba abagororwa guha agaciro “ubunyarwanda”

Nyuma yo kubibutsa amwe mu mateka yaranze Abanyarwanda mu myaka yashize, aho usanga hari igihe Abanyarwanda babayeho badaha agaciro ubunyarwanda ahubwo harimakajwe “ingirwamoko n’uturere”, ibyo bikaba byarabaye intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu yavuze ko ubu Abanyarwanda bashishikajwe n’ikibahuza ari cyo “ubunyarwanda” kurenza ibindi byose. Yakomeje avuga ko rumwe mu rubyiruko rwafashe iya mbere mu kwibutsa agaciro ko kuba umunyarwanda, rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi z’ibyaha rutakoze kugira ngo Abanyarwanda barusheho kubana mu mahoro.

Minisitiri Fazili yashimangiye ko kuba abantu bahuje no kuba ari abanyarwanda, hari byinshi bahuriyeho by’Igihugu, asaba abagororwa gushyira ku ruhande ibindi bashyira imbere bigamije kubatandukanya.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu akaba yaraboneyeho kwibutsa abakoze ibyaha bya jenoside ko bakwiye gutera intambwe bagasaba imbabazi abo bahemukiye, bafatiye urugero ku rubyiruko rutakoze ibyaha bya jenoside ariko rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi mu kigwi cy’ababyeyi n’abavandimwe babo.

Muri urwo ruzinduko kuri Gereza ya Huye, Imfungwa n’abagororwa na bo bahawe umwanya bageza ijambo kuri Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu banabaza bimwe mu bibazo bafite.

Ku kibazo kijyanye n’ifungurwa ry’agateganyoku bagororwa barangije ¼ cy’ibihano bakatiwe nyuma yo kugaragaza imyitwarire myiza muri Gereza, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yabwiye imfungwa n’abagororwa ko abahamwe n’ibyaha by’ubugome birimo gufata ku ngufu, gukoresha ibiyobwagenge, kunyereza umutungo, kwica umubyeyi, umwana cyangwa uwo bashakanye, batarebwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Yongeyeho ko abafungiye ibyaha bito n’ibiciriritse barangije igihe giteganywa n’amategeko, urutonde rwabo rwashyikirijwe inzego zibishinzwe hakaba hategerejwe umwanzuro zizafata kuri buri wese uri kuri urwo rutonde, yabamenyesheje kandi ko iyo ari gahunda ihoraho.

Minisitiri w’         Umutekano mu Gihugu yanagarutse ku bagororwa batorotse Gereza ya Huye mu kwezi kwa Nyakanga 2013, asaba imfungwa n’abagororwa bo muri iyo Gereza kwitandukanya na bo no gufata ingamba z’uko bitasubira ukundi. Yabasabye kandi kugira uruhare mu mutekano w’imbere muri Gereza, bakora amarondo kandi bakageregeza kugera hose.

Minisitiri Fazili akaba yarashimiye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Huye uburyo bihesha ishema n’agaciro, ibyo bikaba bigaragazwa n’inyubako nshya 2 zo kurararamo zigizwe n’amagorofa abiri zifite ubushobozi bwo kwakira Imfungwa n’Abagororwa 4.000, abagororwa ubwabo bakaba ari bo baziyubakiye

DK

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.