Categories: Amakuru ya RCS

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu arasaba abagororwa guha agaciro “ubunyarwanda”

Nyuma yo kubibutsa amwe mu mateka yaranze Abanyarwanda mu myaka yashize, aho usanga hari igihe Abanyarwanda babayeho badaha agaciro ubunyarwanda ahubwo harimakajwe “ingirwamoko n’uturere”, ibyo bikaba byarabaye intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu yavuze ko ubu Abanyarwanda bashishikajwe n’ikibahuza ari cyo “ubunyarwanda” kurenza ibindi byose. Yakomeje avuga ko rumwe mu rubyiruko rwafashe iya mbere mu kwibutsa agaciro ko kuba umunyarwanda, rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi z’ibyaha rutakoze kugira ngo Abanyarwanda barusheho kubana mu mahoro.

Minisitiri Fazili yashimangiye ko kuba abantu bahuje no kuba ari abanyarwanda, hari byinshi bahuriyeho by’Igihugu, asaba abagororwa gushyira ku ruhande ibindi bashyira imbere bigamije kubatandukanya.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu akaba yaraboneyeho kwibutsa abakoze ibyaha bya jenoside ko bakwiye gutera intambwe bagasaba imbabazi abo bahemukiye, bafatiye urugero ku rubyiruko rutakoze ibyaha bya jenoside ariko rukaba rwariyemeje gusaba imbabazi mu kigwi cy’ababyeyi n’abavandimwe babo.

Muri urwo ruzinduko kuri Gereza ya Huye, Imfungwa n’abagororwa na bo bahawe umwanya bageza ijambo kuri Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu banabaza bimwe mu bibazo bafite.

Ku kibazo kijyanye n’ifungurwa ry’agateganyoku bagororwa barangije ¼ cy’ibihano bakatiwe nyuma yo kugaragaza imyitwarire myiza muri Gereza, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yabwiye imfungwa n’abagororwa ko abahamwe n’ibyaha by’ubugome birimo gufata ku ngufu, gukoresha ibiyobwagenge, kunyereza umutungo, kwica umubyeyi, umwana cyangwa uwo bashakanye, batarebwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Yongeyeho ko abafungiye ibyaha bito n’ibiciriritse barangije igihe giteganywa n’amategeko, urutonde rwabo rwashyikirijwe inzego zibishinzwe hakaba hategerejwe umwanzuro zizafata kuri buri wese uri kuri urwo rutonde, yabamenyesheje kandi ko iyo ari gahunda ihoraho.

Minisitiri w’         Umutekano mu Gihugu yanagarutse ku bagororwa batorotse Gereza ya Huye mu kwezi kwa Nyakanga 2013, asaba imfungwa n’abagororwa bo muri iyo Gereza kwitandukanya na bo no gufata ingamba z’uko bitasubira ukundi. Yabasabye kandi kugira uruhare mu mutekano w’imbere muri Gereza, bakora amarondo kandi bakageregeza kugera hose.

Minisitiri Fazili akaba yarashimiye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Huye uburyo bihesha ishema n’agaciro, ibyo bikaba bigaragazwa n’inyubako nshya 2 zo kurararamo zigizwe n’amagorofa abiri zifite ubushobozi bwo kwakira Imfungwa n’Abagororwa 4.000, abagororwa ubwabo bakaba ari bo baziyubakiye

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.