Atangiza ayo mahugurwa, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, CGP Paul Rwarakabije yavuze ko ayo mahugurwa agamije kongerera ubumenyi abayobozi ba za Gereza mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza inshingano zabo.
Nk’uko byagarutsweho na Komiseri Mukuru wa RCS, mu gihe cy’iminsi ibiri, ayo mahugurwa azamara, abayateraniyemo bazakurikirana inyigisho zitandukanye zizibanda ku ngingo zirimo umutekano muri za Gereza n’ingando za TIG, imicungire ya za Gereza ishingiye ku bipimo mpuzamahanga, imicungire y’abakozi, kurwanya ruswa, gukurikirana no gusuzuma ibikorwa n’ibindi.
Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano z’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwihaye kuko ari umwe mu miyoboro izatuma rugera ku nshingano Ubuyobozi bw’Igihugu bwarushinze.
Twabamenyesha ko ayo mahugurwa yitabiriwe n’Abayobozi ba Gereza cumi n’eshatu zibarizwa mu Turere tunyuranye tw’Igihugu ndetse n’Umuyobozi w’Ikigo Ngororamuco cya Nyagatare cyakira abana batarengeje imyaka cumi n’umunani (18). Amahugurwa nk’aya kandi yahawe Abayobozi Bungirijje ba za Gereza ku matariki ya 24-25/10/2013.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.