Atangiza ayo mahugurwa, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, CGP Paul Rwarakabije yavuze ko ayo mahugurwa agamije kongerera ubumenyi abayobozi ba za Gereza mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza inshingano zabo.
Nk’uko byagarutsweho na Komiseri Mukuru wa RCS, mu gihe cy’iminsi ibiri, ayo mahugurwa azamara, abayateraniyemo bazakurikirana inyigisho zitandukanye zizibanda ku ngingo zirimo umutekano muri za Gereza n’ingando za TIG, imicungire ya za Gereza ishingiye ku bipimo mpuzamahanga, imicungire y’abakozi, kurwanya ruswa, gukurikirana no gusuzuma ibikorwa n’ibindi.
Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano z’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwihaye kuko ari umwe mu miyoboro izatuma rugera ku nshingano Ubuyobozi bw’Igihugu bwarushinze.
Twabamenyesha ko ayo mahugurwa yitabiriwe n’Abayobozi ba Gereza cumi n’eshatu zibarizwa mu Turere tunyuranye tw’Igihugu ndetse n’Umuyobozi w’Ikigo Ngororamuco cya Nyagatare cyakira abana batarengeje imyaka cumi n’umunani (18). Amahugurwa nk’aya kandi yahawe Abayobozi Bungirijje ba za Gereza ku matariki ya 24-25/10/2013.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.