Atangiza ayo mahugurwa, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, CGP Paul Rwarakabije yavuze ko ayo mahugurwa agamije kongerera ubumenyi abayobozi ba za Gereza mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza inshingano zabo.
Nk’uko byagarutsweho na Komiseri Mukuru wa RCS, mu gihe cy’iminsi ibiri, ayo mahugurwa azamara, abayateraniyemo bazakurikirana inyigisho zitandukanye zizibanda ku ngingo zirimo umutekano muri za Gereza n’ingando za TIG, imicungire ya za Gereza ishingiye ku bipimo mpuzamahanga, imicungire y’abakozi, kurwanya ruswa, gukurikirana no gusuzuma ibikorwa n’ibindi.
Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano z’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwihaye kuko ari umwe mu miyoboro izatuma rugera ku nshingano Ubuyobozi bw’Igihugu bwarushinze.
Twabamenyesha ko ayo mahugurwa yitabiriwe n’Abayobozi ba Gereza cumi n’eshatu zibarizwa mu Turere tunyuranye tw’Igihugu ndetse n’Umuyobozi w’Ikigo Ngororamuco cya Nyagatare cyakira abana batarengeje imyaka cumi n’umunani (18). Amahugurwa nk’aya kandi yahawe Abayobozi Bungirijje ba za Gereza ku matariki ya 24-25/10/2013.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.