Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano RCS ifite kugira ngo intego zayo zibashe kugerwaho kuko guhugura umukozi ari imwe mu nziraifasha mu gutuma Ikigo kibasha kugera ku nshingano kiba cyarihaye. Yagize ati: “sinshidikanya ko amasomo mwahawe muri iki gihe cy’iminsi 2 azabafasha kurushaho kunoza no kwesa imihigo mwahize no kurushaho kuzuza inshingano mwahawe”.
Muri ayo mahugurwa, abayobozi bungirije ba za Gereza bongerewe ubumenyi mu bijyanye n’imicungire ya za Gereza hibandwa cyane cyane ku mutekano, imicungire y’abakozi n’ibikoresho, imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa, kurwanya ruswa no gukoresha ikoranabuhanga.
Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abahawe amahugurwa kurushaho gukunda akazi kabo no kugakorana umurava bazirikana ko kuba baragiriwe icyizere bakagirwa abayobozi ari uko babonwamo ubushobozi, bityo ko badakwiye gutatira icyo gihango.
Yabasabye kandi kurangwa n’ubupfura n’ubunyangamugayo, guhanga udushya no kubahiriza igihe mu byo bakora byose.
Ikindi Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abitabiriye amahugurwa ni ukwiyubaha, kubahana, kuba urumuri rw’abo bayobora no kwakira neza abagana bose.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.