Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano RCS ifite kugira ngo intego zayo zibashe kugerwaho kuko guhugura umukozi ari imwe mu nziraifasha mu gutuma Ikigo kibasha kugera ku nshingano kiba cyarihaye. Yagize ati: “sinshidikanya ko amasomo mwahawe muri iki gihe cy’iminsi 2 azabafasha kurushaho kunoza no kwesa imihigo mwahize no kurushaho kuzuza inshingano mwahawe”.
Muri ayo mahugurwa, abayobozi bungirije ba za Gereza bongerewe ubumenyi mu bijyanye n’imicungire ya za Gereza hibandwa cyane cyane ku mutekano, imicungire y’abakozi n’ibikoresho, imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa, kurwanya ruswa no gukoresha ikoranabuhanga.
Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abahawe amahugurwa kurushaho gukunda akazi kabo no kugakorana umurava bazirikana ko kuba baragiriwe icyizere bakagirwa abayobozi ari uko babonwamo ubushobozi, bityo ko badakwiye gutatira icyo gihango.
Yabasabye kandi kurangwa n’ubupfura n’ubunyangamugayo, guhanga udushya no kubahiriza igihe mu byo bakora byose.
Ikindi Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abitabiriye amahugurwa ni ukwiyubaha, kubahana, kuba urumuri rw’abo bayobora no kwakira neza abagana bose.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.