Komiseri Mukuru wa RCS yavuze ko kongerera ubumenyi abakozi ari imwe mu nshingano RCS ifite kugira ngo intego zayo zibashe kugerwaho kuko guhugura umukozi ari imwe mu nziraifasha mu gutuma Ikigo kibasha kugera ku nshingano kiba cyarihaye. Yagize ati: “sinshidikanya ko amasomo mwahawe muri iki gihe cy’iminsi 2 azabafasha kurushaho kunoza no kwesa imihigo mwahize no kurushaho kuzuza inshingano mwahawe”.
Muri ayo mahugurwa, abayobozi bungirije ba za Gereza bongerewe ubumenyi mu bijyanye n’imicungire ya za Gereza hibandwa cyane cyane ku mutekano, imicungire y’abakozi n’ibikoresho, imibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa, kurwanya ruswa no gukoresha ikoranabuhanga.
Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abahawe amahugurwa kurushaho gukunda akazi kabo no kugakorana umurava bazirikana ko kuba baragiriwe icyizere bakagirwa abayobozi ari uko babonwamo ubushobozi, bityo ko badakwiye gutatira icyo gihango.
Yabasabye kandi kurangwa n’ubupfura n’ubunyangamugayo, guhanga udushya no kubahiriza igihe mu byo bakora byose.
Ikindi Komiseri Mukuru wa RCS yasabye abitabiriye amahugurwa ni ukwiyubaha, kubahana, kuba urumuri rw’abo bayobora no kwakira neza abagana bose.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.