Categories: Amakuru ya RCSSlider

Simpenzwe pascal yasuye abagororerwa mu Igororero rya Rubavu abaganiriza ku kwezi kwahariwe Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda

Mubitabiriye icyo kiganiro harimo perezida wa Ibuka mukarere ka Nyabihu, uhagarariye Never Again Rwanda, abanyamadini abarinzi b’igihango n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge y’ako karere cyitabirwa kandi n’abakozi b’Igororero rya Rubavu mu rwego rwo kwifatanya n’abantu bafunzwe n’abagororwa b’iryo Gororero mu kwezi kwahariwe ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda, ku nsanganyamatsiko igira iti” Ubumwe bwacu ishingiro ry’ubudaheranwa” abitabiriye ikiganiro basobanurirwa ko hari ibyahindutse kuko mbere uku kwezi kwitwaga uk’ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda ariko uyu mwaka kukaba kwitwa ukwezi kwahariwe Ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.

Muri icyo kiganiro basabye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bataremera icyaha, ko babohoka bakemera uruhare baba baragize muri icyo cyaha, bagasaba imbabazi abo bahemukiye mu rwego rwo komora ibikomere abagizweho ingaruka nayo, kuko ikigamijwe ari ubutabera bwunga kandi basaba abantu bose kwirinda imvugo zigoreka amateka ya Jenoside kuko hari urubyiruko rukeneye kuyamenya uko ari, Visi Meya Simpenzwe kandi yasabye abagororerwa mu Igororero rya Rubavu ko uwaba azi aho umubiri w’uwazize Jenoside uri yatanga amakuru iyo mibiri yose aho iri igakurwayo igashyingurwa mucyubahiro.

Asoza umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu karere ka Nyabihu yahaye ubutumwa abari aho bose ko umuntu uwariwe wese ushaka gucamo ibice abanyarwanda bishingiye ku bwoko ko azabihanirwa n’amategeko avuga ko kandi nundi wese ushaka gutandukanya abanyarwanda ashingiye ku turere nawe azabihanirwa n’amategeko, anatanga umwanya abafite ibibazo barabaza ibyo ashoye gusubiza arabisubiza ibikeneye ubuvugizi abizeza ubuvugizi.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

1 day ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.