Umuyobozi w’Akarere mu kiganiro yatanze kirebana n’ukwezi k’Ukwakira buri mwaka, kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda, ababwira ko nabo nubwo bari mu Igororero ko gahunda zireba umunyarwanda wese nabo ziba zibareba kuko gufungwa bidakuraho kuba umunyarwanda kuko igihe kiba kizagera ugasubira mumuryango nyarwanda akaba ariyo mpamvu dufata umwanya tukaza kubaganiriza kuri gahunda za Leta zitandukanye kugirango mube muri mumurongo umwe n’abandi baturage bose.
Mubyo yibanzeho kandi ni kubantu bari mu Igororero bitegura gusoza ibihano byabo abibutsa bagomba kuzabana neza n’abaturage bazaba basanze muri Sosiyete Nyarwanda, ndetse anafata umwanya abaganiriza kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda abanyarwanda bose bamaze kugira iyabo abasaba ko nabo nibasohoka bagomba kuzagendera mu murongo bazasangamo abandi, bagasenyera umugozi umwe murwego rwo kubaka Igihugu kizira amacakubiri.
Mu gusoza yasezeranije abagororerwa mu igororero rya Bugesera ko azabazanira Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ndetse n’ab’Utugari k’uburyo abagororwa bazaba bafite ibibazo bijyanye n’imitungo, ibibazo mu miryango ndetse no gutanga amakuru, bazabona ibisubizo bikwiye ndetse anatanga umwanya abafite ibibazo bagira ibyo babaza.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.