Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku cyicaro Gikuru cya RCS Habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’Inama nkuru ya RCS icyuye igihe n’iyinjiye mu nshingano

Ni umuhango witabiriwe na Nyakubahwa Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Gasana Alfred wari ukuriye abari bagize Inama nkuru ya RCS icyuye igihe ari nawe wakoze ihererekanyabubasha na Havugiyaremye Aimable, umushinjacyaha Mukuru mu Rwanda wahawe inshingano nshya zo kuyobora abagize Inama Nkuru RCS high Council, bashyizweho n’Iteka rya Perezida wa Repubulika no 064/01 ryo kuwa 16/10/2023, aho uwo muhango witabiriwe n’abari muri manda icyuye igihe n’abashya binjiye mu nshingano, Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi akaba ari nawe mwanditsi w’iyi nama nshya asimbuye uwari umwanditsi wayo wagizwe Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, witabirwa na  Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi bayobora za Diviziyo bakorera  ku cyicaro Gikuru.

Muri iryo hererekanyabubasha ryakozwe, Minisitiri Gasana yasobanuriye abitabiriye uwo muhango akazi gatandukanye kakozwe, harimo gahunda zo kugorora abakoze ibyaha bategurwa gusubira mu muryango nyarwanda.

Yagize ati” Hari byinshi byakozwe muri iyi manda tumaze, harimo kwigisha imyuga itandukanye abari mumagororero izabafasha kwiteza imbere bikanabarinda gusubira mubyaha, ariko kandi sinabura kuvuga ko hakiri ibibazo bikeneye gushakirwa umuti, harimo nk’ibikorwaremezo cyane nk’amagororero ashaje aho abakozi ba RCS bakorera n’aho baba, hakiyongeraho n’ibibazo by’ubucukike mu magororero bukomeje kwiyongera umunsi kuwundi, gusa hari uburyo bwo kwagura amwe mu magororero bwatangiye mu rwego rwo kongera zimwe mu nyubako hagamije kugabanya ubucukike kandi turizera ko buzakomeza gukorwa.”

Havugiyaremye Aimable wahawe inshingano zo kuyobora Inama nkuru ya RCS akaba n’umushinjacyaha Mukuru, yavuze ko icyo azibandaho ari imikoranire myiza n’inzego agamije iterambere ry’urwego.

Yagize ati” mubyo tuzashyira imbere ni imikoranire myiza hagati y’inzego zitandukanye, kugira ngo uru rwego rurusheho gutera imbere dusahakira ibisubizo bimwe mu bibazo rufite kandi aho natwe tuzabona hakenewe ubuvugizi tuzabukora kugira ngo iterambere ry’uru rwego rikomeze kwigaragaza.”

Abagize Inama Nkuru ya RCS ( RCS High Council) ni Havugiyaremye Aimable, uyikuriye  akungirizwa na Gahongayire Aurelie, Nabahire Anastase, uhagarariye Minisiteri y’ubutabera, Semwaga Angelo, uhagarariye Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, ACP Teddy Ruyenzi uhagarariye Polisi y’u Rwanda, Twagirayezu Jean Marie Vianney ahagarariye urwego rw’ubugenzacyaha RIB, Me Buzayire Angèle uhagarariye  urugaga rw’abavoka, Mugabekazi Marie Reine,  na CGP Evariste Murenzi umwanditsi w’iyi naman kuru akaba n’umuyobozi wa RCS.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.