Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku cyicaro Gikuru cya RCS Habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’Inama nkuru ya RCS icyuye igihe n’iyinjiye mu nshingano

Ni umuhango witabiriwe na Nyakubahwa Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Gasana Alfred wari ukuriye abari bagize Inama nkuru ya RCS icyuye igihe ari nawe wakoze ihererekanyabubasha na Havugiyaremye Aimable, umushinjacyaha Mukuru mu Rwanda wahawe inshingano nshya zo kuyobora abagize Inama Nkuru RCS high Council, bashyizweho n’Iteka rya Perezida wa Repubulika no 064/01 ryo kuwa 16/10/2023, aho uwo muhango witabiriwe n’abari muri manda icyuye igihe n’abashya binjiye mu nshingano, Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi akaba ari nawe mwanditsi w’iyi nama nshya asimbuye uwari umwanditsi wayo wagizwe Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, witabirwa na  Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi bayobora za Diviziyo bakorera  ku cyicaro Gikuru.

Muri iryo hererekanyabubasha ryakozwe, Minisitiri Gasana yasobanuriye abitabiriye uwo muhango akazi gatandukanye kakozwe, harimo gahunda zo kugorora abakoze ibyaha bategurwa gusubira mu muryango nyarwanda.

Yagize ati” Hari byinshi byakozwe muri iyi manda tumaze, harimo kwigisha imyuga itandukanye abari mumagororero izabafasha kwiteza imbere bikanabarinda gusubira mubyaha, ariko kandi sinabura kuvuga ko hakiri ibibazo bikeneye gushakirwa umuti, harimo nk’ibikorwaremezo cyane nk’amagororero ashaje aho abakozi ba RCS bakorera n’aho baba, hakiyongeraho n’ibibazo by’ubucukike mu magororero bukomeje kwiyongera umunsi kuwundi, gusa hari uburyo bwo kwagura amwe mu magororero bwatangiye mu rwego rwo kongera zimwe mu nyubako hagamije kugabanya ubucukike kandi turizera ko buzakomeza gukorwa.”

Havugiyaremye Aimable wahawe inshingano zo kuyobora Inama nkuru ya RCS akaba n’umushinjacyaha Mukuru, yavuze ko icyo azibandaho ari imikoranire myiza n’inzego agamije iterambere ry’urwego.

Yagize ati” mubyo tuzashyira imbere ni imikoranire myiza hagati y’inzego zitandukanye, kugira ngo uru rwego rurusheho gutera imbere dusahakira ibisubizo bimwe mu bibazo rufite kandi aho natwe tuzabona hakenewe ubuvugizi tuzabukora kugira ngo iterambere ry’uru rwego rikomeze kwigaragaza.”

Abagize Inama Nkuru ya RCS ( RCS High Council) ni Havugiyaremye Aimable, uyikuriye  akungirizwa na Gahongayire Aurelie, Nabahire Anastase, uhagarariye Minisiteri y’ubutabera, Semwaga Angelo, uhagarariye Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, ACP Teddy Ruyenzi uhagarariye Polisi y’u Rwanda, Twagirayezu Jean Marie Vianney ahagarariye urwego rw’ubugenzacyaha RIB, Me Buzayire Angèle uhagarariye  urugaga rw’abavoka, Mugabekazi Marie Reine,  na CGP Evariste Murenzi umwanditsi w’iyi naman kuru akaba n’umuyobozi wa RCS.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.