Categories: Amakuru ya RCSSlider

DCGP Rose Muhisoni yitabiriye amahugurwa yateguwe na ICRC arebana n’ibikorwaremezo muri za gereza zo muri Afurika

Umuryango utabara imbabare CICR ufatanije n’ishirahamwe rishinzwe serivise z’igorora muri Afurika, U Rwanda rukaba arirwo rwungirije muri Afurika y’uburasirazuba, kubufatanye na serivisi z’amagereza muri Uganda, bateguye amahugurwa arikuba ku nshuro ya kane yiga ku itrambere ry’ibikorwaremozo muri za gereza zo muri Afurika, RCS, kubusabe bwa ICRC yasabwaga kohereza abakozi bayo babiri bazitabira ayo mahugurwa aho mubitabiriye uwo mwiherero hagombaga kuba harimo umuyobozi ufata ibyemezo bifite uruhare runini mu micungire y’ibikorwaremezo n’umuyobozi ushinzwe ndetse unakurikirana ibikorwaremezo umunsi kumunsi.

Ayo mahugurwa azareba kunzitizi z’inyubako z’amagereza zitakigendanye n’igihe muri Afurika, ubwiyongere bukabije bwabaza gufungwa, bigatuma ubutabera budakora neza uko bikwiriye, ibi bikanagira ingaruka kandi kuri zimwe muri serivisi z’ingenzi, akaba ariyo mpamvu, mu myaka icumi ishize hagaragaye ubwubatsi bugiye butandukanye aho  gereza zose ziherereye ku mugabane w’Afurika kubera kubura amahame yigihugu hamwe nibigo byubwubatsi bifite ubumenyi mukubaka za gereza.

Bagaruka ku mwiherero w’ibikorwaremezo bya za gereza yabereye i Addis Abeba mu Ugushyingo 2018, n’I Kigali muri 2020 nayabereye i Nairobi mu 2023, ingingo nyamukuru zagaragajwe muri uyu mwiherero ni ibibazo by’imikorere no gufata neza inyubako abagororwa bafungirwamo, hazamo ibibazo byo gutegura neza ibishushanyo mbonera bya zagereza mu myaka yashize hakiyongeraho n’ingengo y’imari idahagije.

Umuryango utabara imbabare CICR wateguye aya mahugurwa ugamije guhuriza hamwe ibihugu byatoranijwe, biyobowe na serivise zishinzwe Igorora muri Uganda, ni ibikorwa bizaba bihuriweho bigamije guteza imbere ibikorwaremezo bya za gereza muri Afurika mu rwego rw’imikoranire myiza  no kungurana ibitekerezo no gusangira amasomo atandukanye muguhuza no kubungabunga ibikorwaremezo.

muri ayo mahugurwa biteganyijwe ko bazasura zimwe muri gereza zo muri Ugunda murwego rwo kureba uko ibikorwaremezo uko bihagaze nuburyo bibungwabungwa.

wari umwanya wo kungurana ibitekerezo kuburyo ibikorwaremezo mumagereza byatezwa imbere n’uburyo byabungwabungwa.
Ubwo DCG Rose Muhisoni yahabwaga urupapuro (certificate) y’uwitabiriye amahugurwa.
Iyi ni ifoto yafatwaga igihe basuraga Gereza ya Ruzira ikaba ari nayo nkuru muri Uganda.
Abitabiriye amahugurwa bose bahawe urupapuro rugaragaza ubwitabire.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.