Categories: Amakuru ya RCS

RCS yifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri

Igikorwa cy’umuganda nyirizina cyatangiye saa mbiri za mu gitondo kiyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire cyibanze ku gusibura umuyoboro w’amazi y’imvura ku muhanda wa km 2 uhuza Gereza ya Rubavu n’umuhanda munini rusange. Hakozwe kandi igikorwa cy’isuku hatemwa ibihuru byari ku nkengero z’uwo muhanda.

Nyuma y’igikorwa cy’umuganda, abawitabiriye bahuriye kuri Gereza ya Rubavu aho basuye abagororwa n’imfungwa bose bakaganira na bo hagamijwe kubashishikariza gukomeza kwiyubaka mu bumenyi bahererwa muri gereza bubafasha kugororoka.

Abafashe ijambo bose bagarutse ku gushima ubwitonzi abagororwa n’imfungwa ba Gereza ya Rubavu bakomeje kugaragaza babasaba kubikomeraho kandi babizeza umutekano wabo n’uw’imiryango yabo. Babasabye kwirinda ibihuha bakumira icyabahungabanya cyose.

Abagororwa ba Gereza ya Rubavu bataramiwe kandi n’umuhanzi Kizito Mihigo wabanje kubaha ikiganiro gikubiyemo ubuhamya bwe bugamije kwereka imfungwa n’abagororwa akamaro k’imbabazi mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Kizito Mihigo yambwiye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Rubavu ko imbabazi zishoboka iyo harimo ubushake bwo gukira ku mutima buri wese ku giti cye.

Mu ijambo rye ryo gusoza icyo gikorwa, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire yabwiye imfungwa n’abagorrwa ko u Rwanda rugeze kure  mu miyoborere myiza akaba ari na yo mpamvu imbaga y’abantu batandukanye yaje kwifatanya na bo mu gikorwa cy’umuganda. Komiseri Mukuru Wungirije yibukije abari aho bose ko igikorwa cy’umuganda ari icyo gushimangira ukwigira no kwihesha agaciro kuri Munyarwanda wese.

Yashoje ashimira abafatanyabikorwa ba RCS mu kugorora bitabiriye icyo gikorwa bari biganjemo abanyamadini n’amatorero anabasaba gukomeza ibikorwa byiza bakora mu rwego rwo kugorora n’isanamitima.

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.