Categories: Amakuru ya RCS

RCS yifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri

Igikorwa cy’umuganda nyirizina cyatangiye saa mbiri za mu gitondo kiyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire cyibanze ku gusibura umuyoboro w’amazi y’imvura ku muhanda wa km 2 uhuza Gereza ya Rubavu n’umuhanda munini rusange. Hakozwe kandi igikorwa cy’isuku hatemwa ibihuru byari ku nkengero z’uwo muhanda.

Nyuma y’igikorwa cy’umuganda, abawitabiriye bahuriye kuri Gereza ya Rubavu aho basuye abagororwa n’imfungwa bose bakaganira na bo hagamijwe kubashishikariza gukomeza kwiyubaka mu bumenyi bahererwa muri gereza bubafasha kugororoka.

Abafashe ijambo bose bagarutse ku gushima ubwitonzi abagororwa n’imfungwa ba Gereza ya Rubavu bakomeje kugaragaza babasaba kubikomeraho kandi babizeza umutekano wabo n’uw’imiryango yabo. Babasabye kwirinda ibihuha bakumira icyabahungabanya cyose.

Abagororwa ba Gereza ya Rubavu bataramiwe kandi n’umuhanzi Kizito Mihigo wabanje kubaha ikiganiro gikubiyemo ubuhamya bwe bugamije kwereka imfungwa n’abagororwa akamaro k’imbabazi mu rugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge. Kizito Mihigo yambwiye imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Rubavu ko imbabazi zishoboka iyo harimo ubushake bwo gukira ku mutima buri wese ku giti cye.

Mu ijambo rye ryo gusoza icyo gikorwa, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary Gahonzire yabwiye imfungwa n’abagorrwa ko u Rwanda rugeze kure  mu miyoborere myiza akaba ari na yo mpamvu imbaga y’abantu batandukanye yaje kwifatanya na bo mu gikorwa cy’umuganda. Komiseri Mukuru Wungirije yibukije abari aho bose ko igikorwa cy’umuganda ari icyo gushimangira ukwigira no kwihesha agaciro kuri Munyarwanda wese.

Yashoje ashimira abafatanyabikorwa ba RCS mu kugorora bitabiriye icyo gikorwa bari biganjemo abanyamadini n’amatorero anabasaba gukomeza ibikorwa byiza bakora mu rwego rwo kugorora n’isanamitima.

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

21 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.