Categories: Amakuru ya RCS

Abagororwa bo muri “1930” biyemeje kuzubakira abatishoboye barokotse Jenoside

Komiseri mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’amagereza, Paul Rwarakabije, yahaye ikiganiro abagororwa abasobanurira insanganyamatsiko y’uyu mwaka yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 19, ivuga kwibuka baharanira kwigira, abahamagarira kugira uruhare mu bikorwa byo kubaka no gusanira abacitse ku icumu rya Jenocide yakorewe abatutsi.
Yagize ati “Mwese muzi ko Jenoside yakorewe abatutsi yagize ingaruka nyinshi zo gusenya igihugu cyacu…hari abasigaye ari imfubyi, abandi ari abapfakazi. Bamwe muri bo bafite amazu ashaje, birakwiye ko dufatanya mu kubaka no gusana ayo mazu.”
Rwarakabije yabasabye ko bazasana amazu nibura abiri bitarenze Nyakanga, abagororwa bo muri1930, bo bavuga ko bazubaka bakanasana inzu nyinshi zishoboka.
Uwafashe ijambo mu izina ry’abagororwa yagize ati “Turashima abamaze kutuganiriza, twumvishe byinshi, nta washidikanya ko Jenoside yakorewe abatutsi yagize ingaruka mbi kuri twese. Nubwo mudusabye kuzubaka inzu 2 gusa, twe twumva twakubaka nyinshi zishoboka kuko imbaraga turazifite n’ubwenge turabufite kandi n’abatekinisiye beza nabo turabafite.”
Usibye abagororwa bo muri 1930, Komiseri Rwarakabije yavuze ko n’andi magereza asabwa kuzasana nibura inzu ebyiri z’abatishoboye barokotse Jenoside bitarenze muri Nyakanga.
Rwarakabije yanasabye abagororwa gutanga amakuru bagaragaza ahantu hari imibiri y’abishwe muri Jenoside kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Iyi gereza ifungiwemo abakoze ibyaha bisanzwe, n’abandi bakoze ibyaha bya Jenocide yakorewe abatutsi abenshi mu bahafungiye barimo abahoze ari abayobozi mbere ya Jenoside.

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.