Categories: Amakuru ya RCS

Abagororwa bo muri “1930” biyemeje kuzubakira abatishoboye barokotse Jenoside

Komiseri mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’amagereza, Paul Rwarakabije, yahaye ikiganiro abagororwa abasobanurira insanganyamatsiko y’uyu mwaka yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 19, ivuga kwibuka baharanira kwigira, abahamagarira kugira uruhare mu bikorwa byo kubaka no gusanira abacitse ku icumu rya Jenocide yakorewe abatutsi.
Yagize ati “Mwese muzi ko Jenoside yakorewe abatutsi yagize ingaruka nyinshi zo gusenya igihugu cyacu…hari abasigaye ari imfubyi, abandi ari abapfakazi. Bamwe muri bo bafite amazu ashaje, birakwiye ko dufatanya mu kubaka no gusana ayo mazu.”
Rwarakabije yabasabye ko bazasana amazu nibura abiri bitarenze Nyakanga, abagororwa bo muri1930, bo bavuga ko bazubaka bakanasana inzu nyinshi zishoboka.
Uwafashe ijambo mu izina ry’abagororwa yagize ati “Turashima abamaze kutuganiriza, twumvishe byinshi, nta washidikanya ko Jenoside yakorewe abatutsi yagize ingaruka mbi kuri twese. Nubwo mudusabye kuzubaka inzu 2 gusa, twe twumva twakubaka nyinshi zishoboka kuko imbaraga turazifite n’ubwenge turabufite kandi n’abatekinisiye beza nabo turabafite.”
Usibye abagororwa bo muri 1930, Komiseri Rwarakabije yavuze ko n’andi magereza asabwa kuzasana nibura inzu ebyiri z’abatishoboye barokotse Jenoside bitarenze muri Nyakanga.
Rwarakabije yanasabye abagororwa gutanga amakuru bagaragaza ahantu hari imibiri y’abishwe muri Jenoside kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Iyi gereza ifungiwemo abakoze ibyaha bisanzwe, n’abandi bakoze ibyaha bya Jenocide yakorewe abatutsi abenshi mu bahafungiye barimo abahoze ari abayobozi mbere ya Jenoside.

DK

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.