Iyi nama isanzwe iterana buri kwezi ikitabirwa n’Abayobozi Bakuru ba RCS, Abakomiseri n’Abayobozi b’Amashami muri RCS, Abayobozi ba za Gereza ndetse n’Abahuzabikorwa ba RCS mu Turere. Iyateranye ku itariki ya 09/10/2013 yari iyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yarebeye hamwe uko ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 rihagaze nyuma y’amezi 3 ritangiye.
Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko ibyinshi mu bikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari 2013-2014 byagezweho kuko isuzuma ryakozwe ryerekana ko byagezweho ku gipimo cya 90%. Muri ibyo bikorwa yavuzemo ibijyanye no gukomeza guteza imbere ibikorwa remezo hubakwa inyubako nshya za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 hanasanwa izisanzweho, kongerera ubumenyi abakozi ba RCS kugira ngo barusheho kunoza inshingano zabo, kongera umusaruro ukomoka ku bikorwa binyuranye by’Imfungwa n’Abagororwa, guteza imbere imibereho myiza y’Imfungwa n’Abagororwa no kubategura kuzasubira mu miryango yabo baragororotse kandi bafite ubumenyi buzabafasha, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri RCS n’ibindi.
Muri iyi nama, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yanagarutse kandi ku myitwarire igomba kuranga abacungagereza, aho yibukije Abayobozi ba za Gereza gukurikirana iyo myitwarire umunsi ku munsi no kubashishikariza kwirinda ingeso mbi zose zatuma habaho gutatira inshingano bafite yo kugorora abo bashinzwe.
Agaruka ku bikorwaremezo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko gahunda yo kuvugurura za Gereza ikomeje ashimangira kandi ko intambwe imaze kugerwaho n’u Rwanda mu kubaka za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 ishimishije.
DCGP Mary GAHONZIRE yanakanguriye abagororwa kongera ubumenyi no kwitabira kwiga imyuga kuko imyuga n’ubumenyi ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo.
Yagize ati “bakoreshe umwanya wabo biyungura ubumenyi, biga imyuga, kuko bizabafasha kwigira igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’Inkiko basubiye mu miryango yabo.”
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
This website uses cookies.