Categories: Amakuru ya RCS

Ibikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cya 2013-2014, ibyinshi byagezweho- DCGP Mary GAHONZIRE

Iyi nama isanzwe iterana buri kwezi ikitabirwa n’Abayobozi Bakuru ba RCS, Abakomiseri n’Abayobozi b’Amashami muri RCS, Abayobozi ba za Gereza ndetse n’Abahuzabikorwa ba RCS mu Turere. Iyateranye ku itariki ya 09/10/2013 yari iyobowe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yarebeye hamwe uko ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 rihagaze nyuma y’amezi 3 ritangiye.

Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko ibyinshi mu bikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari 2013-2014 byagezweho kuko isuzuma ryakozwe ryerekana ko byagezweho ku gipimo cya 90%. Muri ibyo bikorwa yavuzemo ibijyanye no gukomeza guteza imbere ibikorwa remezo hubakwa inyubako nshya za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 hanasanwa izisanzweho, kongerera ubumenyi abakozi ba RCS kugira ngo barusheho kunoza inshingano zabo, kongera umusaruro ukomoka ku bikorwa binyuranye by’Imfungwa n’Abagororwa, guteza imbere imibereho myiza y’Imfungwa n’Abagororwa no kubategura kuzasubira mu miryango yabo baragororotse kandi bafite ubumenyi buzabafasha, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri RCS n’ibindi.

Muri iyi nama, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yanagarutse kandi ku myitwarire igomba kuranga abacungagereza, aho yibukije Abayobozi ba za Gereza gukurikirana iyo myitwarire umunsi ku munsi no kubashishikariza kwirinda ingeso mbi zose zatuma habaho gutatira inshingano bafite yo kugorora abo bashinzwe.

Agaruka ku bikorwaremezo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS yavuze ko gahunda yo kuvugurura za Gereza ikomeje ashimangira kandi ko intambwe imaze kugerwaho n’u Rwanda mu kubaka za Gereza zijyanye n’icyerekezo 2020 ishimishije.

DCGP Mary GAHONZIRE yanakanguriye abagororwa kongera ubumenyi no kwitabira kwiga imyuga kuko imyuga n’ubumenyi ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo.

Yagize ati “bakoreshe umwanya wabo biyungura ubumenyi, biga imyuga, kuko bizabafasha kwigira igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’Inkiko basubiye mu miryango yabo.”

DK

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.