Categories: Amakuru ya RCS

Hamaze guterwa intambwe ishimishije mu micungire y’amadosiye y’Abagororwa- Minisitiri Fazil

Iyo nama yabereye ku Cyicaro gikuru cya RCS ejo ku wa kabiri tariki ya 10/09/2013, yitabiriwe kandi n’Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, Ambasaderi Valens Munyabagisha na bamwe mu bayobozi b’Amashami muri iyo Minisiteri.

Muri iyo nama Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yagararijwe n’Ubuyobozi bwa RCS ko amadosiye y’abantu bafunzwe acunzwe ku buryo bugezweho bw’ikoranabuhanga hifashishijwe uburyo bwitwa “Prison Watch”. Akaba ari uburyo bwo kubika amakuru yose akenewe ku muntu ufunzwe arimo umwirondoro we, ifoto ye, itariki yafungiweho, ibyaha aregwa, igihano yakatiwe n’andi makuru y’ingenzi akenewe kuri uwo muntu. Ubwo buryo kandi bufasha cyane abakozi bashinzwe gucunga ayo madosiye kumenya igihe umuntu ufunzwe agomba kurangizaho igihano cye kuko  iyo hasigaye iminsi itatu ngo arangize igihano yakatiwe “Prison Watch” itangira kubyerekana. Ibyo bigatuma nta muntu ufunzwe ukirenza n’umunsi n’umwe ku gihano yakatiwe.

Nk’uko Ubuyobozi bwa RCS bwakomeje bubigaragaza, amadosiye y’abantu bafunzwe agera kuri 97% amaze kwinjizwa muri ubwo buryo bw’ikoranabuhanga naho angana na 3% asigaye akaba na yo agomba kuba yinjijwe muri ubwo buryo bitarenze uku kwezi kwa Nzeri 2013.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu akaba yarashimimye Ubuyobozi bwa RCS kubera iyo ntambwe imaze guterwa mu gucunga amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa mu gihe gito gishize urwo Rwego rugiyeho.

Minisitiri Fazili akaba yarasabye abayobozi ba za Gereza gushyira ingufu mu gukora ubuvugizi ku madosiye y’abagororwa yaba atuzuye kugira ngo ku bufatanye n’izindi nzego ibyaba biyaburamo bishakishwe yuzuzwe.

Muri iyo nama, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yanagarutse kuri disipuline igomba kuranga abacungagereza. Kuri iyo ngingo, Minisitiri Fazili yavuze ko disipuline ari ingenzi mu kazi, bityo asaba abacungagereza kuranga na disipulini mu kazi bakora ndetse no kubahana hagati yabo, ibyo ubiteshutseho akabihanirwa.

Ku bijyanye n’amapeti y’abacungagereza, Minisitiri Fazili yavuze ko igikorwa cyo gutanga amapeti y’abacungagareza bato kigeze ku musozo kandi cyagenze neza. Ku bijyanye n’abacungagereza bakuru, yavuze ko amadosiye yabo yashyikirije inzego zibishinzwe kandi ko na byo bizagenda neza.

Mu rwego rwo kurushaho kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza, Minisitiri Fazili yasabye abari bateraniye mu nama kurushaho kujya bahanahana amakuru, bigakorwa ku buryo bwihuse kandi bigakorwa bidasimbutse inzego.

DK

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.