Categories: Amakuru ya RCS

Hamaze guterwa intambwe ishimishije mu micungire y’amadosiye y’Abagororwa- Minisitiri Fazil

Iyo nama yabereye ku Cyicaro gikuru cya RCS ejo ku wa kabiri tariki ya 10/09/2013, yitabiriwe kandi n’Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, Ambasaderi Valens Munyabagisha na bamwe mu bayobozi b’Amashami muri iyo Minisiteri.

Muri iyo nama Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yagararijwe n’Ubuyobozi bwa RCS ko amadosiye y’abantu bafunzwe acunzwe ku buryo bugezweho bw’ikoranabuhanga hifashishijwe uburyo bwitwa “Prison Watch”. Akaba ari uburyo bwo kubika amakuru yose akenewe ku muntu ufunzwe arimo umwirondoro we, ifoto ye, itariki yafungiweho, ibyaha aregwa, igihano yakatiwe n’andi makuru y’ingenzi akenewe kuri uwo muntu. Ubwo buryo kandi bufasha cyane abakozi bashinzwe gucunga ayo madosiye kumenya igihe umuntu ufunzwe agomba kurangizaho igihano cye kuko  iyo hasigaye iminsi itatu ngo arangize igihano yakatiwe “Prison Watch” itangira kubyerekana. Ibyo bigatuma nta muntu ufunzwe ukirenza n’umunsi n’umwe ku gihano yakatiwe.

Nk’uko Ubuyobozi bwa RCS bwakomeje bubigaragaza, amadosiye y’abantu bafunzwe agera kuri 97% amaze kwinjizwa muri ubwo buryo bw’ikoranabuhanga naho angana na 3% asigaye akaba na yo agomba kuba yinjijwe muri ubwo buryo bitarenze uku kwezi kwa Nzeri 2013.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu akaba yarashimimye Ubuyobozi bwa RCS kubera iyo ntambwe imaze guterwa mu gucunga amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa mu gihe gito gishize urwo Rwego rugiyeho.

Minisitiri Fazili akaba yarasabye abayobozi ba za Gereza gushyira ingufu mu gukora ubuvugizi ku madosiye y’abagororwa yaba atuzuye kugira ngo ku bufatanye n’izindi nzego ibyaba biyaburamo bishakishwe yuzuzwe.

Muri iyo nama, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yanagarutse kuri disipuline igomba kuranga abacungagereza. Kuri iyo ngingo, Minisitiri Fazili yavuze ko disipuline ari ingenzi mu kazi, bityo asaba abacungagereza kuranga na disipulini mu kazi bakora ndetse no kubahana hagati yabo, ibyo ubiteshutseho akabihanirwa.

Ku bijyanye n’amapeti y’abacungagereza, Minisitiri Fazili yavuze ko igikorwa cyo gutanga amapeti y’abacungagareza bato kigeze ku musozo kandi cyagenze neza. Ku bijyanye n’abacungagereza bakuru, yavuze ko amadosiye yabo yashyikirije inzego zibishinzwe kandi ko na byo bizagenda neza.

Mu rwego rwo kurushaho kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza, Minisitiri Fazili yasabye abari bateraniye mu nama kurushaho kujya bahanahana amakuru, bigakorwa ku buryo bwihuse kandi bigakorwa bidasimbutse inzego.

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.