Categories: Amakuru ya RCS

Hamaze guterwa intambwe ishimishije mu micungire y’amadosiye y’Abagororwa- Minisitiri Fazil

Iyo nama yabereye ku Cyicaro gikuru cya RCS ejo ku wa kabiri tariki ya 10/09/2013, yitabiriwe kandi n’Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, Ambasaderi Valens Munyabagisha na bamwe mu bayobozi b’Amashami muri iyo Minisiteri.

Muri iyo nama Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yagararijwe n’Ubuyobozi bwa RCS ko amadosiye y’abantu bafunzwe acunzwe ku buryo bugezweho bw’ikoranabuhanga hifashishijwe uburyo bwitwa “Prison Watch”. Akaba ari uburyo bwo kubika amakuru yose akenewe ku muntu ufunzwe arimo umwirondoro we, ifoto ye, itariki yafungiweho, ibyaha aregwa, igihano yakatiwe n’andi makuru y’ingenzi akenewe kuri uwo muntu. Ubwo buryo kandi bufasha cyane abakozi bashinzwe gucunga ayo madosiye kumenya igihe umuntu ufunzwe agomba kurangizaho igihano cye kuko  iyo hasigaye iminsi itatu ngo arangize igihano yakatiwe “Prison Watch” itangira kubyerekana. Ibyo bigatuma nta muntu ufunzwe ukirenza n’umunsi n’umwe ku gihano yakatiwe.

Nk’uko Ubuyobozi bwa RCS bwakomeje bubigaragaza, amadosiye y’abantu bafunzwe agera kuri 97% amaze kwinjizwa muri ubwo buryo bw’ikoranabuhanga naho angana na 3% asigaye akaba na yo agomba kuba yinjijwe muri ubwo buryo bitarenze uku kwezi kwa Nzeri 2013.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu akaba yarashimimye Ubuyobozi bwa RCS kubera iyo ntambwe imaze guterwa mu gucunga amadosiye y’Imfungwa n’Abagororwa mu gihe gito gishize urwo Rwego rugiyeho.

Minisitiri Fazili akaba yarasabye abayobozi ba za Gereza gushyira ingufu mu gukora ubuvugizi ku madosiye y’abagororwa yaba atuzuye kugira ngo ku bufatanye n’izindi nzego ibyaba biyaburamo bishakishwe yuzuzwe.

Muri iyo nama, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yanagarutse kuri disipuline igomba kuranga abacungagereza. Kuri iyo ngingo, Minisitiri Fazili yavuze ko disipuline ari ingenzi mu kazi, bityo asaba abacungagereza kuranga na disipulini mu kazi bakora ndetse no kubahana hagati yabo, ibyo ubiteshutseho akabihanirwa.

Ku bijyanye n’amapeti y’abacungagereza, Minisitiri Fazili yavuze ko igikorwa cyo gutanga amapeti y’abacungagareza bato kigeze ku musozo kandi cyagenze neza. Ku bijyanye n’abacungagereza bakuru, yavuze ko amadosiye yabo yashyikirije inzego zibishinzwe kandi ko na byo bizagenda neza.

Mu rwego rwo kurushaho kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza, Minisitiri Fazili yasabye abari bateraniye mu nama kurushaho kujya bahanahana amakuru, bigakorwa ku buryo bwihuse kandi bigakorwa bidasimbutse inzego.

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.