Iki gihembo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS rwagihawe n’umuryango mpuzamahanga wita ku magereza no kugorora ICPA (Intrnational Corrections and Prisons Association) kubera umushinga wo gukoresha biyogazi mu magereza. Iki gihembo u Rwanda rwagihawe kubera ko uyu muryango wasanze biyogazi ikoreshwa mu gutekera Abagororwa byatumye habungwabungwa ibidukikije, gutema amashyamba byagabanutse, isuku iriyongera mu magereza ndetse naho za gereza ziherereye hagabanuka ibijyanye n’umwanda zatezaga.
Komiseri Mukuru wungirije wa RCS DCGP Mary GAHONZIRE atangaza ko iki gihembo u Rwanda rwahawe tariki ya 30 Ukwakira mu nama ngarukamwaka ya ICPA yabereye muri Australia tariki ya 20 Ukwakira 2015. Uretse u Rwanda rwahawe iki gihembo mu kubungabunga ibidukikije hakoreshwa ingufu za biyogazi mu gutekera Abagororwa, hari n’ibindi bihugu byahawe ibihembo muri iyi nama harimo Leta Zunze Ubumwe z’Amarika, Mexique, ndetse na Canada
Uretse kuba ikoreshwa rya biyogazi ari gahunda yo kubungabunga ibidukikjje, bifite akamaro no kurwego rw’ubukungu kuko bigabanya ingengo y’imari leta yatangaga igura inkwi zo gutekera abagororwa.
Mu mwaka wa 2009 nibwo u Rwanda rwinjiye muri uyu muryango mpuzamahanga ushinzwe kugorora ICPA
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.