Categories: Amakuru ya RCS

Ababyeyi basura Abana mu kigo ngorarumuco cya Nyagatare boroherezwa kubasura

Iki gikorwa cyari kiyobowe na Komiseri Charles MUSITU, ababyeyi basobanuriwe ko ubusanzwe Abana basurwa buri wa gatanu w’icyumweru, ariko ko hagize umubyeyi bibaye ngombwa ko agera i Nyagatare atari kuri uwo munsi azoroherezwa gusura umwana we.

Kuba  bamwe mu babyeyi badakunda gusura abana babo bitwaje ko bafite  ubukene, SP Vincent SANGANO yabasobanuriye ko iyo atari impamvu yatuma umuntu yibagirwa umwana yibyariye. SSP Vincent SANGANO yabasabye ko barushaho kugaragariza urukundo abo bana kuko iyo basurwa bituma batigunga maze kubagorora bikoroha.

Ni muri urwo rwego RCS ku bufatanye na DIDE yateganirije amafaranga y’urugendo k’umubyeyi uzajya usura umwana we kuwa gatanu wanyuma w’icyumweru. Abo babyeyi basobanuriwe ko ibyo bitazahoraho kandi ko ubundi ntawagombye kwishyura umuntu ngo aze gusura umwana we. Ababyeyi bari muri iyi nama, biyemeje ko bagiye guhindura imyitwarire bakajya basura abana babo kandi biyemeza ko abazajya barangiza ibihano byabo bazajya babafasha kwihangira umurimo bakurikije umwuga bigiye mu kigo Ngororamuco cya Nyagatare. Iki kigo gifungirwamo abana bari hagati y’imyaka 14 na 18 bahamijwe ibyaha n’inkiko.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.