Iki gikorwa cyari kiyobowe na Komiseri Charles MUSITU, ababyeyi basobanuriwe ko ubusanzwe Abana basurwa buri wa gatanu w’icyumweru, ariko ko hagize umubyeyi bibaye ngombwa ko agera i Nyagatare atari kuri uwo munsi azoroherezwa gusura umwana we.
Kuba bamwe mu babyeyi badakunda gusura abana babo bitwaje ko bafite ubukene, SP Vincent SANGANO yabasobanuriye ko iyo atari impamvu yatuma umuntu yibagirwa umwana yibyariye. SSP Vincent SANGANO yabasabye ko barushaho kugaragariza urukundo abo bana kuko iyo basurwa bituma batigunga maze kubagorora bikoroha.
Ni muri urwo rwego RCS ku bufatanye na DIDE yateganirije amafaranga y’urugendo k’umubyeyi uzajya usura umwana we kuwa gatanu wanyuma w’icyumweru. Abo babyeyi basobanuriwe ko ibyo bitazahoraho kandi ko ubundi ntawagombye kwishyura umuntu ngo aze gusura umwana we. Ababyeyi bari muri iyi nama, biyemeje ko bagiye guhindura imyitwarire bakajya basura abana babo kandi biyemeza ko abazajya barangiza ibihano byabo bazajya babafasha kwihangira umurimo bakurikije umwuga bigiye mu kigo Ngororamuco cya Nyagatare. Iki kigo gifungirwamo abana bari hagati y’imyaka 14 na 18 bahamijwe ibyaha n’inkiko.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.