Categories: Amakuru ya RCS

Mu mwaka wa 2015-206 RCS izinjiza Amafaranga miliyari ebyiri azaturuka mu bikorwa by’umusaruro

Aya mafaranga yunganira ayo leta y’u Rwanda itanga mu gutunga Imfungwa n’Abagororwa. Mu mezi atatu ashize ibikorwa by’umusaruro bya RCS bimaze kwinjiza amafara asaga miliyoni 76. Ubuyobozi bwa RCS, bukaba busanga hatagize imbogamizi ikomoka ku bihe bitewe ni uko ibikorwa byinshi by’umusaruro abishingiye ku buhinzi, ayo mafaranga azaba yabonetse mu mpera z’ukwezi kwa gatandatu.

Habajijwe ikibazo cyaho imirimo yo kubaka Gereza ya Mageregere igeze kugirango abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge n’iya Gasabo bimurwe, ubuyobozi bwa RCS bwasobanuye ko kuri ubu imirimo igenda neza, uruzitiro rwa Gereza rumaze kuzura, harimo kuzamurwa inyubako z’amagorofa Imfungwa n’Abagororwa bazarararo ndetse harimo inzu ubuyobozi bwa Gereza buzakoreramo. Ubuyobozi bukuru bwa RCS bukaba butangaza ko uyu mwaka wa 2016 igice cya mbere cyakwakira abagororwa 3500 kizaba kimaze kuzura.

Ku bijyanye no kugorora Komiseri Mukuru wa RCS CGP Paul RWARAKABIJE yatangaje ko ubu RCS, yasinyanye amasezerano n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro WDA yo kwigisha imyuga Imfungwa n’Abagororwa bo muri Gereza ya Huye, iya Rwamagana ndetse na Musanze, Imfungwa n’abagororwa bazajya barangiza ayo masomo bakazajya bahabwa impamyabumenyi n’iki kigo cya WDA. Avuga ku bijyanye n’imyuga yigishwa abagororwa, CGP Paul RWARAKABIJE yongeyeho ko Abana barangiza ibihano byabo mu kigo ngororwamuco cy’i Nyagatare, bahabwa ibikoresho by’imyuga bijyanye n’amasomo umwana aba yarahawe, kugirango umwuga umwana yize azawifashije mu gutangira ubuzima busanzwe.

 Muri iki kiganiro havuzwe no ku bagororwa batari bafite amadosiye, mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2015 bagera ku bihumbi 8, ubu ayo madosiye yamaze kuboneka hasigaye agera ku 80 kandi ko nayo arimo gushakwa kugira ngo kuri iki kibazo kirangire mu buryo budasubirwaho. Iki kiganiro n’Abanyamakuru cyayobowe na Komiseri Mukuru wa RCS CGP Paul RWARAKABIJE ari kumwe na Komiseri Mukuru wungirije DCGP Mary GAHONZIRE.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

21 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.