Categories: Amakuru ya RCS

Mu mwaka wa 2015-206 RCS izinjiza Amafaranga miliyari ebyiri azaturuka mu bikorwa by’umusaruro

Aya mafaranga yunganira ayo leta y’u Rwanda itanga mu gutunga Imfungwa n’Abagororwa. Mu mezi atatu ashize ibikorwa by’umusaruro bya RCS bimaze kwinjiza amafara asaga miliyoni 76. Ubuyobozi bwa RCS, bukaba busanga hatagize imbogamizi ikomoka ku bihe bitewe ni uko ibikorwa byinshi by’umusaruro abishingiye ku buhinzi, ayo mafaranga azaba yabonetse mu mpera z’ukwezi kwa gatandatu.

Habajijwe ikibazo cyaho imirimo yo kubaka Gereza ya Mageregere igeze kugirango abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge n’iya Gasabo bimurwe, ubuyobozi bwa RCS bwasobanuye ko kuri ubu imirimo igenda neza, uruzitiro rwa Gereza rumaze kuzura, harimo kuzamurwa inyubako z’amagorofa Imfungwa n’Abagororwa bazarararo ndetse harimo inzu ubuyobozi bwa Gereza buzakoreramo. Ubuyobozi bukuru bwa RCS bukaba butangaza ko uyu mwaka wa 2016 igice cya mbere cyakwakira abagororwa 3500 kizaba kimaze kuzura.

Ku bijyanye no kugorora Komiseri Mukuru wa RCS CGP Paul RWARAKABIJE yatangaje ko ubu RCS, yasinyanye amasezerano n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro WDA yo kwigisha imyuga Imfungwa n’Abagororwa bo muri Gereza ya Huye, iya Rwamagana ndetse na Musanze, Imfungwa n’abagororwa bazajya barangiza ayo masomo bakazajya bahabwa impamyabumenyi n’iki kigo cya WDA. Avuga ku bijyanye n’imyuga yigishwa abagororwa, CGP Paul RWARAKABIJE yongeyeho ko Abana barangiza ibihano byabo mu kigo ngororwamuco cy’i Nyagatare, bahabwa ibikoresho by’imyuga bijyanye n’amasomo umwana aba yarahawe, kugirango umwuga umwana yize azawifashije mu gutangira ubuzima busanzwe.

 Muri iki kiganiro havuzwe no ku bagororwa batari bafite amadosiye, mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2015 bagera ku bihumbi 8, ubu ayo madosiye yamaze kuboneka hasigaye agera ku 80 kandi ko nayo arimo gushakwa kugira ngo kuri iki kibazo kirangire mu buryo budasubirwaho. Iki kiganiro n’Abanyamakuru cyayobowe na Komiseri Mukuru wa RCS CGP Paul RWARAKABIJE ari kumwe na Komiseri Mukuru wungirije DCGP Mary GAHONZIRE.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.