Categories: Amakuru ya RCS

RCS yakanguriye abayeyi bafite abana bafunze kujya babasura

Kuba RCS ikangurira ababyeyi kujya basura abana bari I Nyagatare aho barangiza ibihano bahawe n’inkiko ni uko umwana udasurwa ahora yigunze bityo bigatuma igikorwa cyo kumugorora kigorana. Komiseri Charles Musitu ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa barangije ibihano byabo, aganira n’ababyeyi bafite abana  bafunze yababwiye ko ni ubwo umwana aba yakosheje agafungwa, umuryango we by’umwihariko abayeyi batagomba kumutererana, bagomba kumwerekaho urukundo. Komiseri MUSITU yabwiye kandi ababyeyi bafite abana bafungiye mu kigo Ngororamuco cy’I Nyagatare ko Leta yashyizeho gahunda zihamye zo kwigisha abo bana kugirango nibarangiza ibihano bazabashe kwigirira akamaro.

Yakomeje ababwira ko ababyeyi nabo bafite inshingano mu kwita cyangwa kurera abana babo. Ibyo bigakorwa babasura. Bamwe mu babyeyi bari bitabiriye iki kiganiro bagaragaje imbogamizi, z’uko kuba abadasura abana babo bafunzwe biterwa n’ubukene bafite. Kuri iyi mbongamizi Komiseri Musitu yabwiye abo babyeyi ko nta rwitwazo umubyeyi yagira rwo kutereka urukundo umwana we, abasaba kandi kujya babyara abana bashoboye kurera.

Kugirango umwana ufunzwe agororwe neza  RCS isanga  ababyeyi babo bagomba kubigiramo uruhare, abadafite amikoro yo gusura abana babo RCS yabateganirije  amafaranga y’urugendo umubyeyi wasuye umwana we asubizwa mu gihe yamusuye rimwe mu kwezi. Ibi bikorwa byo gukangurira ababyeyi bafite abana bafunze kujya babasura,  RCS  ibifatanya n’umuryango Fondation DIDE ari nawo wagize uruhare mu kuvugurura iki kigo Ngororamuco cya Nyagatare.

Ikigo Ngororamuco cya Nyagatare cyakira abana bakatiwe n’inkiko ngo baze kuharangiriza ibihano bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 14-18.  Abana 251 bafungiye muri iki kigo bigishwa imyuga itandukanye ndetse harimo n’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.