Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza bagiye gufashwa kwinjira muri zigama CSS

Inama Nkuru y’Urwego rw’Igihugu Rushizwe imfungwa n’abagororwa RCS, yateranye kuri uyu wa kabiri yemeje ko abacungagereza bataraba abanyamuryango ba banki Zigama CSS bafashwa kwinjira muri iyi banki ihuza abakozi bakorera inzego z’umutekano mu Rwanda.

Iyi nama yari iyobowe na Komiseri Mukuru wa RCS CCP George Rwigamba yari yitabiriwe n’ umuyobozi  wa banki Zigama CSS Brigadier general Albert Murasira ndetse  n’abayobozi b’amagereza yose mu gihugu .

Ni ubwo hari abacungagereza basanzwe bakorana na banki Zigama CSS, hari abacungagereza bagera kuri 400 batarabasha gukorana n’iyi banki bitewe ni uko bafite amadeni muri banki zitandukanye z’ubucuruzi. Umuyobozi wa Zigama CSS akaba yaravuze ko azafatanya n’ubuyobozi bwa RCS kureba uko abo bacungarereza basigaye nabo baba abanyamuryango ba banki  Zigama CSS ihuza abakozi bakora mu nzego z’umutekano.

Mu busabane bwahuje abakozi ba RCS kuwa 11 Kamena hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umurimo, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yari yabwiye abacungagereza ko kugirango imibereho yabo irisheho kugenda neza, bazafashwa gukorana n’amabanki.

Mu buryo bwo kunoza itangwa rya serivise , abitabiriye  inama nkuru ya RCS bakanguriwe gukoresha urubuga rwa internet irembo.gov.rw

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.