Inama Nkuru y’Urwego rw’Igihugu Rushizwe imfungwa n’abagororwa RCS, yateranye kuri uyu wa kabiri yemeje ko abacungagereza bataraba abanyamuryango ba banki Zigama CSS bafashwa kwinjira muri iyi banki ihuza abakozi bakorera inzego z’umutekano mu Rwanda.
Iyi nama yari iyobowe na Komiseri Mukuru wa RCS CCP George Rwigamba yari yitabiriwe n’ umuyobozi wa banki Zigama CSS Brigadier general Albert Murasira ndetse n’abayobozi b’amagereza yose mu gihugu .
Ni ubwo hari abacungagereza basanzwe bakorana na banki Zigama CSS, hari abacungagereza bagera kuri 400 batarabasha gukorana n’iyi banki bitewe ni uko bafite amadeni muri banki zitandukanye z’ubucuruzi. Umuyobozi wa Zigama CSS akaba yaravuze ko azafatanya n’ubuyobozi bwa RCS kureba uko abo bacungarereza basigaye nabo baba abanyamuryango ba banki Zigama CSS ihuza abakozi bakora mu nzego z’umutekano.
Mu busabane bwahuje abakozi ba RCS kuwa 11 Kamena hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umurimo, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yari yabwiye abacungagereza ko kugirango imibereho yabo irisheho kugenda neza, bazafashwa gukorana n’amabanki.
Mu buryo bwo kunoza itangwa rya serivise , abitabiriye inama nkuru ya RCS bakanguriwe gukoresha urubuga rwa internet irembo.gov.rw
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.