Categories: Amakuru ya RCS

Abagize Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagarororwa muri Bourkina Faso bakomeje urugendoshuri mu Rwanda

Bageze kuri Gereza ya Huye baherekejwe na SSP John KARASIRA, umuyobozi wa Gereza ya Huye  SP Camille ZUBA yabasobanuriye muri rusange uburyo Gereza ayobora ishira mubikorwa gahunda yo kugorora hashingiwe ku nkingi enye arizo: Ubutabera, Kugorora, Ubumenyi, Umusaruro. Iri tsinda riri mu rugendoshuli nyuma yo guhabwa ibisobanuro, batambagijwe ibice bitandukanye bigize iyi Gereza ndetse n’ahakorerwa imirimo nyongeramusaruro. Aha bakaba basuye ahakorerwa imirimo y’ubaji, uruganda rukorerwamo amasabune, ahakorerwa ubugeni, ubinzi n’ubworozi ndetse basura n’amatanura y’amatafari abumbwa n’Abagororwa bafungiwe muri Gereza ya Huye.

Nyuma yo gutanbagizwa aho hose, iri tsinda ryashimye cyane uburyo Abagororwa bafashwe kuri Gereza ya Huye, uburyo bitabira ibikorwa nyongeramusaruro kandi bashimira ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa muri rusange uburyo bashira mu bikorwa inshingano uru rwego rwaha we na Leta.

Bamaze gusura Gereza ya Huye, bakomereje urugendoshuli rwabo kuri Gereza mpuzamahanga ya Nyanza. Nyuma yo kwakirwa n’umuyobozi w’iyi Gereza SP Innocent IYABURUNGA, batambagijwe bimwe mu bice biyigize aha bakaba banaboneyeho no gusura igice gifungiwemo Imfungwa mpuzamahanga zoherejwe kurangiriza ibihano bahawe n’urikiko mpuzamahanga rwashiriweho kuburanisha ibyaha by’intambara mu gihugu cya Sierra Leone, ndetse banasura Biogazi (BIOBAZ) n’uburyo ikoreshwa mu gutekera abagororwa muri Gereza ya mpuzamahanga ya Nyanza. 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 days ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

5 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.