Categories: Amakuru ya RCS

Abagize Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagarororwa muri Bourkina Faso bakomeje urugendoshuri mu Rwanda

Bageze kuri Gereza ya Huye baherekejwe na SSP John KARASIRA, umuyobozi wa Gereza ya Huye  SP Camille ZUBA yabasobanuriye muri rusange uburyo Gereza ayobora ishira mubikorwa gahunda yo kugorora hashingiwe ku nkingi enye arizo: Ubutabera, Kugorora, Ubumenyi, Umusaruro. Iri tsinda riri mu rugendoshuli nyuma yo guhabwa ibisobanuro, batambagijwe ibice bitandukanye bigize iyi Gereza ndetse n’ahakorerwa imirimo nyongeramusaruro. Aha bakaba basuye ahakorerwa imirimo y’ubaji, uruganda rukorerwamo amasabune, ahakorerwa ubugeni, ubinzi n’ubworozi ndetse basura n’amatanura y’amatafari abumbwa n’Abagororwa bafungiwe muri Gereza ya Huye.

Nyuma yo gutanbagizwa aho hose, iri tsinda ryashimye cyane uburyo Abagororwa bafashwe kuri Gereza ya Huye, uburyo bitabira ibikorwa nyongeramusaruro kandi bashimira ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa muri rusange uburyo bashira mu bikorwa inshingano uru rwego rwaha we na Leta.

Bamaze gusura Gereza ya Huye, bakomereje urugendoshuli rwabo kuri Gereza mpuzamahanga ya Nyanza. Nyuma yo kwakirwa n’umuyobozi w’iyi Gereza SP Innocent IYABURUNGA, batambagijwe bimwe mu bice biyigize aha bakaba banaboneyeho no gusura igice gifungiwemo Imfungwa mpuzamahanga zoherejwe kurangiriza ibihano bahawe n’urikiko mpuzamahanga rwashiriweho kuburanisha ibyaha by’intambara mu gihugu cya Sierra Leone, ndetse banasura Biogazi (BIOBAZ) n’uburyo ikoreshwa mu gutekera abagororwa muri Gereza ya mpuzamahanga ya Nyanza. 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.