Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu rwego rwo kugorora,RCS yakiriye itsinda riturutse mu bwami bwa Eswatini

Muri uru rugendoshuri rwari rugamije kwigira kuri RCS no kwiyungura ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kugorora, iryo tsinda ryasobanuriwe imikorere y’ukuntu Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igororo rukoresha rugorora aho gufunga gusa, ndetse n’uko amadosiye y’abantu bafunzwe acungwa hakoreshejwe IECMS ( Intergrated Electronic Case Management System).
CGP Evariste Murenzi hamwe n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego ayoboye, basangije iri tsinda ryo muri Eswatini ku bumenyi n’ubunararibonye muri gahunda zo kugorora no Kwita ku mibereho myiza n’ubuzima ( ubuvuzi) bw’abantu bafunzwe
Ikindi kandi iri tsinda banarigaragarije ibikorwa bishingiye ku bumenyingiro butangirwa mu mashuri y’imyuga yo mu magororero uburyo buha abagororwa ubushobozi bushingiye kubumenyi no nibasoza ibihano byabo bazihangire imirimo hanirindwe isubiracyaha.
Komiseri mukuru wa RCS; CGP Evariste Murenzi yavuze ko ari indangagaciro z’u Rwanda gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.
Yagize ati” Mu Rwanda, ni indangagaciro zacu gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.”
Hon. chief justice Bheki MAPHALALA wari uyoboye iri tsinda ryo mu bwami bwa Eswatini yavuze ko we n’itsinda yaje ayoboye yatangajwe n’intambwe y’Ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anavuga ko bishimiye amasomo atandukanye bigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri anavugako kandi ibyo barwigihemo ari ingirakamoro.
Yagize ati” Biratangaje kubona intambwe ikomeye y’ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twishimiye amasomo atandukanye twigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri kandi ibyo twabigiheho ni ingirakamoro bizadufasha.”
Uretse iri tsinda ryo mu Bwami bwa Eswaini, uri ruzinduka kandi rwitabiriwe na Komizeri Mukuru wungirije wa RCS, bamwe mu bakozi bakorera cyicaro gikuru cya RCS ndetse na Amb. Christine NKULIKIYINKA umuyobozi w’Ikigo Rwanda Cooperation Initiative (RCI).

Umuyobozi mukuru wa RCS aha impano umushyitsi mukuru (Chief Justice)

 

Umuyobozi mukuru wungirije wa RCS

 

MC. SP F RUDAKEMWA

 

Ag. Division Manager of Correction SP J BUGINGO

 

ICT. SP E ISHIMWE

 

Hon. Bheki MAPHALALA (Chief Justice) Asinya mu gitabo cy’abashyitsi

 

Ifoto y’urwibutso
DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.