Muri uru rugendoshuri rwari rugamije kwigira kuri RCS no kwiyungura ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kugorora, iryo tsinda ryasobanuriwe imikorere y’ukuntu Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igororo rukoresha rugorora aho gufunga gusa, ndetse n’uko amadosiye y’abantu bafunzwe acungwa hakoreshejwe IECMS ( Intergrated Electronic Case Management System).
CGP Evariste Murenzi hamwe n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego ayoboye, basangije iri tsinda ryo muri Eswatini ku bumenyi n’ubunararibonye muri gahunda zo kugorora no Kwita ku mibereho myiza n’ubuzima ( ubuvuzi) bw’abantu bafunzwe
Ikindi kandi iri tsinda banarigaragarije ibikorwa bishingiye ku bumenyingiro butangirwa mu mashuri y’imyuga yo mu magororero uburyo buha abagororwa ubushobozi bushingiye kubumenyi no nibasoza ibihano byabo bazihangire imirimo hanirindwe isubiracyaha.
Komiseri mukuru wa RCS; CGP Evariste Murenzi yavuze ko ari indangagaciro z’u Rwanda gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.
Yagize ati” Mu Rwanda, ni indangagaciro zacu gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.”
Hon. chief justice Bheki MAPHALALA wari uyoboye iri tsinda ryo mu bwami bwa Eswatini yavuze ko we n’itsinda yaje ayoboye yatangajwe n’intambwe y’Ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anavuga ko bishimiye amasomo atandukanye bigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri anavugako kandi ibyo barwigihemo ari ingirakamoro.
Yagize ati” Biratangaje kubona intambwe ikomeye y’ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twishimiye amasomo atandukanye twigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri kandi ibyo twabigiheho ni ingirakamoro bizadufasha.”
Uretse iri tsinda ryo mu Bwami bwa Eswaini, uri ruzinduka kandi rwitabiriwe na Komizeri Mukuru wungirije wa RCS, bamwe mu bakozi bakorera cyicaro gikuru cya RCS ndetse na Amb. Christine NKULIKIYINKA umuyobozi w’Ikigo Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.