Muri uru rugendoshuri rwari rugamije kwigira kuri RCS no kwiyungura ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kugorora, iryo tsinda ryasobanuriwe imikorere y’ukuntu Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igororo rukoresha rugorora aho gufunga gusa, ndetse n’uko amadosiye y’abantu bafunzwe acungwa hakoreshejwe IECMS ( Intergrated Electronic Case Management System).
CGP Evariste Murenzi hamwe n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego ayoboye, basangije iri tsinda ryo muri Eswatini ku bumenyi n’ubunararibonye muri gahunda zo kugorora no Kwita ku mibereho myiza n’ubuzima ( ubuvuzi) bw’abantu bafunzwe
Ikindi kandi iri tsinda banarigaragarije ibikorwa bishingiye ku bumenyingiro butangirwa mu mashuri y’imyuga yo mu magororero uburyo buha abagororwa ubushobozi bushingiye kubumenyi no nibasoza ibihano byabo bazihangire imirimo hanirindwe isubiracyaha.
Komiseri mukuru wa RCS; CGP Evariste Murenzi yavuze ko ari indangagaciro z’u Rwanda gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.
Yagize ati” Mu Rwanda, ni indangagaciro zacu gutanga umusanzu mu kubaka umutekano uhamye no kugorora kinyamwuga abagonganye n’amategeko.”
Hon. chief justice Bheki MAPHALALA wari uyoboye iri tsinda ryo mu bwami bwa Eswatini yavuze ko we n’itsinda yaje ayoboye yatangajwe n’intambwe y’Ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anavuga ko bishimiye amasomo atandukanye bigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri anavugako kandi ibyo barwigihemo ari ingirakamoro.
Yagize ati” Biratangaje kubona intambwe ikomeye y’ubumwe n’ubwiyunge yatewe nyuma y’amateka akomeye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twishimiye amasomo atandukanye twigiye ku Rwanda muri uru rugendoshuri kandi ibyo twabigiheho ni ingirakamoro bizadufasha.”
Uretse iri tsinda ryo mu Bwami bwa Eswaini, uri ruzinduka kandi rwitabiriwe na Komizeri Mukuru wungirije wa RCS, bamwe mu bakozi bakorera cyicaro gikuru cya RCS ndetse na Amb. Christine NKULIKIYINKA umuyobozi w’Ikigo Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.