Ibiti bitandukanye byatewe harimo ibivangwa n’imyaka, ibyera imbuto ziribwa n’ibindi bishobora gusarurwa bigakoreshwa ibindi bikorwa byabyarira banyirabyo inyungu, aho mubitabiriye gutera ibyo biti harimo inzego z’umutekano zose, abasirikare, abapolisi n’abakozi b’Urwego b’umwuga, murwego rwokurengera ibidukikije, nkuko Leta y’u Rwanda yabyiyemeje kuko ibiti ari ingenzi kubuzima bwa muntu.
Mu ijambo minisitiri Gasana yabwiye abaturage b’akarere ka Nyanza, yababwiye ko kurengera ibidukikije ari inshingano ya buriwese, abasaba no kubikundisha abato.
Yagize ati” Ndagirango abaturage b’akarere ka Nyanza mbasabe buriwese agire umuco wo gukunda ibiti, kuko aribwo buryo bwatuma turushaho kurengera ibidukikije, ibi ntitwabigeraho tutabikundishije abana bacu ariyo mpamvu mbasaba kubikundisha abato kugirango n’umwana azakure yumva ko ibiti ari ingirakamaro kubuzima bwe, ibiti byatewe harimo ibyera imbuto ziribwa, ibisarurwa bikagirira akamaro ba nyirabyo, rero nkaba nsaba buriwese guha agaciro igiti aho azajya akibona hose. Mbifurije kuzagira umwaka mwiza wa 2024.”
Nyuma y’umuganda abaturage bahawe umwanya maze babaza minisitiri ibibazo birebana n’umutekano nawe abizeza ko bigiye gukemuka kubufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza.
Minisitiri w’umutekano mugihugu Gasana Alfred na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi batera Igiti.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.