Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Gasana yasabye abaturage ba Nyanza kugira umuco wo gukunda ibiti ndetse bakabikundisha n’abato

Ibiti bitandukanye byatewe harimo ibivangwa n’imyaka, ibyera imbuto ziribwa n’ibindi bishobora gusarurwa bigakoreshwa ibindi bikorwa byabyarira banyirabyo inyungu, aho mubitabiriye gutera ibyo biti harimo inzego z’umutekano zose, abasirikare, abapolisi n’abakozi b’Urwego b’umwuga, murwego rwokurengera ibidukikije, nkuko Leta y’u Rwanda yabyiyemeje kuko ibiti ari ingenzi kubuzima bwa muntu.

Mu ijambo minisitiri Gasana yabwiye abaturage b’akarere ka Nyanza, yababwiye ko kurengera ibidukikije ari inshingano ya buriwese, abasaba no kubikundisha abato.

Yagize ati” Ndagirango abaturage b’akarere ka Nyanza mbasabe buriwese agire umuco wo gukunda ibiti, kuko aribwo buryo bwatuma turushaho kurengera ibidukikije, ibi ntitwabigeraho tutabikundishije abana bacu ariyo mpamvu mbasaba kubikundisha abato kugirango n’umwana azakure yumva ko ibiti ari ingirakamaro kubuzima bwe, ibiti byatewe harimo ibyera imbuto ziribwa, ibisarurwa bikagirira akamaro ba nyirabyo, rero nkaba nsaba buriwese guha agaciro igiti aho azajya akibona hose. Mbifurije kuzagira umwaka mwiza wa 2024.”

Nyuma y’umuganda abaturage bahawe umwanya maze babaza minisitiri ibibazo birebana n’umutekano nawe abizeza ko bigiye gukemuka kubufatanye n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza.

Minisitiri w’umutekano mugihugu Gasana Alfred na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi batera Igiti.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.