Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi batatu b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bari mubutumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo bambitswe imidari y’ishimwe

Ni umuhango wayobowe na Abdul Arshad, umukozi w’umuryango w’abibumbye ushinzwe amashami atandukanye muri ubwo butumwa ariyo umutekano, Kugorora ndetse n’amategeko muri Sudani y’Epfo,  witabirwa n’ukuriye ubutumwa b’umuryango w’abibumbye muri Malakal, Mr.Paul Adejoh Ebikwo, unitabirwa kandi n’ingabo zitandukanye ziri mubutumwa bw’amahoro muri icyo Gihugu, harimo n’ingabo z’u Rwanda ziri mubutumwa bw’amahoro muri icyo gihugu, zagiyeyo murwego rwo gutanga umusanzu wabo mukugarura amahoro nyuma y’intambara yari imaze igihe yarahashegeshe icyo gihugu.

Umuyobozi ukuriye ubutumwa b’umuryango w’abibumbye muri Malakal, Mr.Paul Adejoh Ebikwo, yabwiye abahawe imidari ko itapfuye kuza gusa ahubwo ko byaturutse kukazi bakoze.

Yagize ati” Ndashimira mwe mwese mwahawe imidari kuri uyumunsi, kuba mwambaye iyo midari ntabwo byapfuye kuza gusa, ahubwo byaturutse kukazi mwakoze karimo ubwitange bwinshi cyane muri gahunda yo kwigisha amategeko, impinduka mu kugorora, kwigisha ibijyanye N’amategeko arengera umugororwa Mandela rules, no gufasha abagororwa kuba ahantu heza n’imibereho myiza, ndakomeza mbashimira umusanzu mwatanze muby’amategeko, muzakomereze aho.”

Kugeza ubu abakozi b’urwego rw’u Rwanda bamaze gukora ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye ni 181 n’abandi 11 bakiburimo muri Sudani y’epfo, muri Centre Afrika, no mugace ka Abyei muri Sudani.

SSP Pelly UWERA GAKWAYA ubwo yambikwaga umudari w’Ishimwe.
SSP Hillary SENGABO nawe uri mubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo yambitswe umudari w’ishimwe.
Abo nibo bakozi b’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igororora bahawe imidari y’ishimwe.
Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo n’inzego z’umutekano zo mu Rwanda.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.