Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri gasana yabwiye abatabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abakozi bato ba RCS ko kugorora bwahindutse ari ukwigisha

Wasangaga mubihe byashize uwakoraga icyaha bikaba ngombwa ko ajyanwa gusoreza igihano cy’icyaha yakoze mu Igororero, byari ugufungwa bitandukanye na gahunda ya leta muri iyiminsi aho uwakoze icyaha yigishwa amasomo atandukanye arimo n’imyuga yamufasha kwibeshaho nyuma yo gusoza igihano asubiye mubuzima busanzwe, nkaho hari imyuga yingenzi biga irimo ubwubatsi, ubukanishi, gukora amazi, gukora amashanyarazi, ububaji, gusudira, ubudozi, gutunganya umusatsi n’iby’ubwiza hari n’abiga gukora ibikomoka ku mpu ndetse n’abiga ikoranabuhanga.

Mu ijambo Minisitiri w’umutekano yabwiye abari bitabiriye umuhango wo gusoza amauhugurwa n’abari bayasoje yababwiye ko hari amavugurura yakozwe agamijwe kugorora byanyabyo, uwakoze icyaha agasohoka yaragororotse byanyabyo.

Yagize ati” Mugiye kwinjira mukazi mugihe leta y’u Rwanda yakoze amavugurura mumatekego anoza uburyo bwo kwita kubagororwa hagamijwe gushyira imbaraga munyigisho zibategura kuzasubira mumiryango yabo ari abaturage beza, muri ayo mavugurura icyashyizwe imbere ni ugufasha uwakatiwe igihano n’inkiko n’uwakatiwe igihano cy’inyungu rusange kugororoka biciye munyigisho ahabwa zimuha umwanya wokwitekerezaho akitandukanya burundu n’icyaha yakoze, izindi nyigisho ni izijyanye n’ubumenyingiro, biradusaba guhindura imyumvire kuko uwakoze icyaha ashobora gukora igihano cy’icyaha yakoze ataha iwe.”

Yakomeje ababwira ko hari ibindi bigo birikubakwa aho uzaba usigaje igihe gito azajya icishwamo agahabwa inyigisho zitandukanye zijyanye n’ubureremboneragihugu, kwihangira imirimo, kwigishwa imyuga ndetse no guhuzwa n’imiryango yabo bakoreye ibyaha, bahabwa inyigisho zihariye zo kubategura gusubira mubuzima busanzwe ikirenze ibindi abazaba bari muri ibyo bigo bazajya bahuzwa naba rwiyemezamirimo kugirango batangire bahuze ubumenyi bahawe n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo murwego rwokwitegura kuzatera imbere, kimwe muri ibyo bigo kikaba cyaratangiye kubakwa mukarere ka Rwamagana.”

Yasoje abasaba kuzarangwa n’imyitwarire myiza, birinda kwishora mubyaha bitandukanye babera abo bayoboye icyitegererezo kuko aribyo bizatuma n’abo bayobora bahinduka byanyabyo.

Ubwo Minisitiri Gasana yatangaga ibihembo kubahize abandi mu masomo bari bamazemo amezi 10.

Yavuze ko gahunda ya Leta ari uko umuntu ufunzwe yajya ahabwa amasomo atandukanye azamufasha asoje ibihano.

Abasoje barahiriye ko bazakora inshingano zo kugorora neza kubo bafite munshingano.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 week ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.