Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri gasana yabwiye abatabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abakozi bato ba RCS ko kugorora bwahindutse ari ukwigisha

Wasangaga mubihe byashize uwakoraga icyaha bikaba ngombwa ko ajyanwa gusoreza igihano cy’icyaha yakoze mu Igororero, byari ugufungwa bitandukanye na gahunda ya leta muri iyiminsi aho uwakoze icyaha yigishwa amasomo atandukanye arimo n’imyuga yamufasha kwibeshaho nyuma yo gusoza igihano asubiye mubuzima busanzwe, nkaho hari imyuga yingenzi biga irimo ubwubatsi, ubukanishi, gukora amazi, gukora amashanyarazi, ububaji, gusudira, ubudozi, gutunganya umusatsi n’iby’ubwiza hari n’abiga gukora ibikomoka ku mpu ndetse n’abiga ikoranabuhanga.

Mu ijambo Minisitiri w’umutekano yabwiye abari bitabiriye umuhango wo gusoza amauhugurwa n’abari bayasoje yababwiye ko hari amavugurura yakozwe agamijwe kugorora byanyabyo, uwakoze icyaha agasohoka yaragororotse byanyabyo.

Yagize ati” Mugiye kwinjira mukazi mugihe leta y’u Rwanda yakoze amavugurura mumatekego anoza uburyo bwo kwita kubagororwa hagamijwe gushyira imbaraga munyigisho zibategura kuzasubira mumiryango yabo ari abaturage beza, muri ayo mavugurura icyashyizwe imbere ni ugufasha uwakatiwe igihano n’inkiko n’uwakatiwe igihano cy’inyungu rusange kugororoka biciye munyigisho ahabwa zimuha umwanya wokwitekerezaho akitandukanya burundu n’icyaha yakoze, izindi nyigisho ni izijyanye n’ubumenyingiro, biradusaba guhindura imyumvire kuko uwakoze icyaha ashobora gukora igihano cy’icyaha yakoze ataha iwe.”

Yakomeje ababwira ko hari ibindi bigo birikubakwa aho uzaba usigaje igihe gito azajya icishwamo agahabwa inyigisho zitandukanye zijyanye n’ubureremboneragihugu, kwihangira imirimo, kwigishwa imyuga ndetse no guhuzwa n’imiryango yabo bakoreye ibyaha, bahabwa inyigisho zihariye zo kubategura gusubira mubuzima busanzwe ikirenze ibindi abazaba bari muri ibyo bigo bazajya bahuzwa naba rwiyemezamirimo kugirango batangire bahuze ubumenyi bahawe n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo murwego rwokwitegura kuzatera imbere, kimwe muri ibyo bigo kikaba cyaratangiye kubakwa mukarere ka Rwamagana.”

Yasoje abasaba kuzarangwa n’imyitwarire myiza, birinda kwishora mubyaha bitandukanye babera abo bayoboye icyitegererezo kuko aribyo bizatuma n’abo bayobora bahinduka byanyabyo.

Ubwo Minisitiri Gasana yatangaga ibihembo kubahize abandi mu masomo bari bamazemo amezi 10.

Yavuze ko gahunda ya Leta ari uko umuntu ufunzwe yajya ahabwa amasomo atandukanye azamufasha asoje ibihano.

Abasoje barahiriye ko bazakora inshingano zo kugorora neza kubo bafite munshingano.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.