Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru ba RCS, aribo Komiseri Mukuru CGP Juvenal Marizamunda, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi batandukanye bafite ibyo bahagarariye, Abayobozi b’Amagororero yose, umuyobozi w’ishuri rya RCS, hakiyongeraho n’abahagarariye abakora imirimo nsimburagifungo aho ikorerwa mu rwego rwo kurebera hamwe iterambere ry’urwego ndetse no kureba ibitagenda neza kugira ngo barusheho gukora akazi kinyamwuga, hagamijwe gusoza inshingano urwego rufite.
Muri iyo nama habaho kuganira ku ngingo zitandukanye, abayitabiriye bose bakagira umwanya wo gutanga ibitekerezo n’unyunganizi aho zikenewe mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo bitandukanye bigamije gukora akazi kinyamwuga, byerekeza ku iterambere ry’urwego ndetse n’iry’abakozi muri rusange, hanareberwa hamwe ibitagenda neza n’uburyo byakosorwa ndetse hakanarebwa ahakenewe kongerwa ingufu mukurushaho gufasha abakoze ibyaha bagororwa guhabwa uburenganzira bwabo.
Ni inama iba iyobowe n’ubuyobozi bukuru bwa RCS, ariko hari igihe biba Ngombwa hakazamo na Nyakubahwa Minisitiri kuko iki kigo kiri mubyo Minisiteri ayobora ireberera akaba abifitiye uburenganzira kuba yakwitabira inama nkiyo mu rwego rwo kureba uko icyo kigo kiyobowe.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.