Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru ba RCS, aribo Komiseri Mukuru CGP Juvenal Marizamunda, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi batandukanye bafite ibyo bahagarariye, Abayobozi b’Amagororero yose, umuyobozi w’ishuri rya RCS, hakiyongeraho n’abahagarariye abakora imirimo nsimburagifungo aho ikorerwa mu rwego rwo kurebera hamwe iterambere ry’urwego ndetse no kureba ibitagenda neza kugira ngo barusheho gukora akazi kinyamwuga, hagamijwe gusoza inshingano urwego rufite.
Muri iyo nama habaho kuganira ku ngingo zitandukanye, abayitabiriye bose bakagira umwanya wo gutanga ibitekerezo n’unyunganizi aho zikenewe mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo bitandukanye bigamije gukora akazi kinyamwuga, byerekeza ku iterambere ry’urwego ndetse n’iry’abakozi muri rusange, hanareberwa hamwe ibitagenda neza n’uburyo byakosorwa ndetse hakanarebwa ahakenewe kongerwa ingufu mukurushaho gufasha abakoze ibyaha bagororwa guhabwa uburenganzira bwabo.
Ni inama iba iyobowe n’ubuyobozi bukuru bwa RCS, ariko hari igihe biba Ngombwa hakazamo na Nyakubahwa Minisitiri kuko iki kigo kiri mubyo Minisiteri ayobora ireberera akaba abifitiye uburenganzira kuba yakwitabira inama nkiyo mu rwego rwo kureba uko icyo kigo kiyobowe.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.