Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru ba RCS, aribo Komiseri Mukuru CGP Juvenal Marizamunda, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi batandukanye bafite ibyo bahagarariye, Abayobozi b’Amagororero yose, umuyobozi w’ishuri rya RCS, hakiyongeraho n’abahagarariye abakora imirimo nsimburagifungo aho ikorerwa mu rwego rwo kurebera hamwe iterambere ry’urwego ndetse no kureba ibitagenda neza kugira ngo barusheho gukora akazi kinyamwuga, hagamijwe gusoza inshingano urwego rufite.
Muri iyo nama habaho kuganira ku ngingo zitandukanye, abayitabiriye bose bakagira umwanya wo gutanga ibitekerezo n’unyunganizi aho zikenewe mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo bitandukanye bigamije gukora akazi kinyamwuga, byerekeza ku iterambere ry’urwego ndetse n’iry’abakozi muri rusange, hanareberwa hamwe ibitagenda neza n’uburyo byakosorwa ndetse hakanarebwa ahakenewe kongerwa ingufu mukurushaho gufasha abakoze ibyaha bagororwa guhabwa uburenganzira bwabo.
Ni inama iba iyobowe n’ubuyobozi bukuru bwa RCS, ariko hari igihe biba Ngombwa hakazamo na Nyakubahwa Minisitiri kuko iki kigo kiri mubyo Minisiteri ayobora ireberera akaba abifitiye uburenganzira kuba yakwitabira inama nkiyo mu rwego rwo kureba uko icyo kigo kiyobowe.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.