Ni inama yitabiriwe n’abayobozi bakuru ba RCS, aribo Komiseri Mukuru CGP Juvenal Marizamunda, DCGP Rose Muhisoni n’abandi bayobozi batandukanye bafite ibyo bahagarariye, Abayobozi b’Amagororero yose, umuyobozi w’ishuri rya RCS, hakiyongeraho n’abahagarariye abakora imirimo nsimburagifungo aho ikorerwa mu rwego rwo kurebera hamwe iterambere ry’urwego ndetse no kureba ibitagenda neza kugira ngo barusheho gukora akazi kinyamwuga, hagamijwe gusoza inshingano urwego rufite.
Muri iyo nama habaho kuganira ku ngingo zitandukanye, abayitabiriye bose bakagira umwanya wo gutanga ibitekerezo n’unyunganizi aho zikenewe mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo bitandukanye bigamije gukora akazi kinyamwuga, byerekeza ku iterambere ry’urwego ndetse n’iry’abakozi muri rusange, hanareberwa hamwe ibitagenda neza n’uburyo byakosorwa ndetse hakanarebwa ahakenewe kongerwa ingufu mukurushaho gufasha abakoze ibyaha bagororwa guhabwa uburenganzira bwabo.
Ni inama iba iyobowe n’ubuyobozi bukuru bwa RCS, ariko hari igihe biba Ngombwa hakazamo na Nyakubahwa Minisitiri kuko iki kigo kiri mubyo Minisiteri ayobora ireberera akaba abifitiye uburenganzira kuba yakwitabira inama nkiyo mu rwego rwo kureba uko icyo kigo kiyobowe.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.