Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Nyarugenge hatangijwe kumugaragaro ikoranabuhanga mu kuburana rizwi nka E- court System

Ni umuhango witabiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda, n’abandi bayobozi bakora mu mashami atandukanye ku cyicaro gikuru cya RCS ndetse n’Ubakozi b’Umwuga b’Urwego b’Igororero rya Nyarugenge, witabirwa n’uhagarariye UNDP mu Rwanda Maxwell GOMERA, arikumwe n’irindi tsinda ry’abo bakorana, aho basuye ibyumba bikoreshwa mu kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga bareba uko ababurana imbona nkubone uwakoze icyaha atagiye mu rukiko imirimo y’inkiko igakomeza.

Bihoyiki Marie Solange, ni umwe mubari mucyumba cy’uburanisha wari waje kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanaga yavuze ko ubu buryo bwakemuye byinshi cyane nk’ingendo.

Yagize ati”ubu buryo bwaradufashije kuko hari igihe wajyaga ku rukiko ukirirwayo ugasanga utashye n’umunaniro n’inzara ndetse waba unafite uburwayi ugasanga buranagukomeranye, rimwe narimwe akanaremba ariko ubu umuntu iyo asoje kuburana ahita ataha ntabwo ari ngombwa gutegereza ko bose basoza kuburana, ukabona umwanya wo kwiyitaho bitandukanye na mbere wirirwaga ku rukiko ugategereza ko bose basoza kuburana.”

Twagirayezu Pheneas, nawe wari waje kuburana yavuze ko uburyo bwo kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga bwabafashije cyane kuko no mu gihe cya COVID-19, kuburana bitahagaze kandi ahandi imirimo yari yarahagaze ariko twe twarakomeje turaburana.

Yagize ati” kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga byaradufashije cyane mu gihe cy’icyirezo cya COVID-19, kuko imirimo y’inkiko yarakomeje ubutabera dukomeza kububona nkuko bikwiriye mugihe indi mirimo yari yarahagaze, ni uburyo umucamanza akuburanisha ari mu rukiko wowe uri ku Igororero, twe ntabwo tuva ku Igororero umucamanza agatangiza urubanza wowe ukaburana murebana hakershejwe uburyo bwa SKYPE na Video Conference, twarabyishimiye kuko biratworoheza cyane.”

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CGP Juvenal Marizamunda, yavuze ko hakoreshejwe ubu buryo mu rwego rwo kwihutisha ubutabera kandi byatanze umusaruro.

Yagize ati” mubyukuri ibi kubitangiza byaturutse ni amwe mu masomo twize mu gihe cya COVID-19, bukorwa mu buryo bwo kwihutisha ubutabera kuko bitakundaga ko abantu bajya kuburana mu nkiko, twaje no gusanga ari byiza kuko bigabanya ibigendera mu ngendo abantu bajya mu nkiko zitandukanye ndetse no mu rwego rw’umutekano ku baherekeza abajya mu nkiko kuko usanga ariho bageragereza gutoroka, iyo babonye ayo mahirwe yo kujya hanze y’Igororero, ni gahunda igikomeza kuko nubu hari ibindi byumba byiza biri kubakwa nko ku Igororero rya Rwamagana na Nyamagabe hari kubakwa ibyumba binini bigezweho bizajya bikoreshwa mu kuburana.”

Maxwell Gomera uhagarariye UNDP mu Rwanda yishimiye uburyo ubutabera bwo mu Rwanda bukura umunsi ku munsi, aho umuntu yaburana atavuye aho ari kandi imirimo y’inkiko ikagenda neza.

Yagize ati” ubu ni uburyo bwiza bwo gutanga ubutabera, iyo hatabaho ubu buryo hari benshi batakabaye barabonye ubutabera, ibi ni bumwe mu buryo bwiza bwo kwishakamo ibisubizo kandi bikanatanga ubutabera ndetse bikanorohereza ababurana ndetse n’inkiko kandi ubutabera bukabonekera ku gihe, twabyishimiye kandi turifuza ko byakomeza bigakora neza kurushaho urwego rw’ubutabera rukarushaho gutera imbere.”

Iyi gahunda  yo kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga yatangiye mu gihe cya COVID-19, murwego rwo kwihutisha ubutabera kuko serivisi z’inkiko zitakundaga bitewe nuko guhura imbona nkubone bitari byemewe nkuko n’ahandi hose byari bimeze kandi ubutabera bugomba gutangwa, nibwo habayeho gushaka ibisubizo, mu rwego rwo gufasha abakoze ibyaha kubona ubutabera.

Ababurana bakurikirana imiburanishirize hakoreshejwe ikoreshejwe ikoranabuhanga.
Maxwell Gomera uhagarariye UNDP mu Rwanda arikumwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Juvenal Marizamunda ndetse n’abandi bitabiriye umuhango bataha ku mugaragaro inyubako zagenewe kuburaniramo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
CGP Juvenal Marizamunda Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, yavuze ko uburyo bw’ikoranabuhanga bwafashije mu gihe cya COVID-19, bikanatanga umusaruro.
Maxwell Gomera uhagarariye UNDP mu Rwanda yishimiye uburyo hashatswe ibisubizo mu gutanga ubutabera.
Basuye ibyumba bitandukanye biburanirwamo hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa SKYPE na Video Conference.
Nyuma yo gusura ibyumba bitandukanye habayeho gufata ifoto y’urwibutso n’ibitabiriye umuhango.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.