Categories: Amakuru ya RCS

Mageragere: Kuri Gereza ya Nyarugenge hatewe ibiti ibihumbi 4

Abakozi b’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, bifatanyije n’abagororwa ba Gereza ya Nyarugenge ndetse n’abaturage batuye akagali ka Kavumu ko mu murenge wa mageragere bahuriye mu muganda ngarukakwezi wabaye kuri uyuwa gatandatu batera ibiti bisaga ibihumbi 4 kuri iyi Gereza ya Nyarugenge.

Impamvu yo gutera ibiti byinshi kuri iyi Gereza, ni uburyo bwo kurinda ibidukikije  harwanywa isuri kuri gereza nshya kuko yubatse ku musozi. Abagororwa bishimiye kuba bakoranye umuganda n’abashinzwe kubarinda bari kumwe n’abaturage kuko bibereka ko leta itabatererana mu bikorwa byose bigenewe iterambere ry’abaturage baryo.

Nyuma yo kurangiza gukora umuganda haterwa ibiti habaye ibiganiro byahuje abitabiriye uyu muganda, komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa CG George Rwigamba abasobanurira akamaro k’umuganda n’inkomoko yayo ko iri mu muco wa Kinyarwanda.

Komiseri Mukuru wa RCS yashimye abitabiriye uyu muganda wo gutera ibiti cyane cyane abagororwa abashimira no ku bindi bikorwa bagiramo uruhare harimo nk’icyo kubaka iyi Gereza nshya ya Nyarugenge maze abasaba ko igikorwa cyo gutera ibiti kuri iyi Gereza cyazakomeza.

Abagororwa bitabiriye uyu muganda  nabo bashimye iki gikorwa.Umugororwa uhagarariye abandi bagororwa Byukusenge Gaspard yagize ati:” Guhura n’abayobozi bacu bashinzwe kutugorora  bari kumwe n’abaturage tugakorana umuganda biradushimisha cyane, kuko bitwereka ko ubuyobozi butwitayeho ko gufungwa atari uguhezwa ku zindi gahunda ziteza imbere igihugu”

Naho umudamu  uhagarariye abandi badamu bafunze  Regine Mukamurigo yavuze ko gutera ibiti bibafitiye akamaro nk’abagororwa:”Gereza yacu bayizanye ahantu hari ibiti bikurura umwuka mwiza, ni inshingano yacu kubyongera kugirango turusheho kugira ubuzima bwiza…..kuri Gereza ya Kigali 1930 aho twahoze kubera ko nta mwuka mwiza wahabaga twagiraga indwara z’ubuhumekero ndetse n’iz’amaso ariko hano kubera umwuka mwiza zaragabanutse cyane”

Kugeza ubu Gereza ya Nyarugenge icumbikiye imfungwa n’abagororwa ibihumbi 8 bavuye muuri Gereza yahoze yitwa iya Kigali 1930 ndetse n’iya Gasabo. Abafungiyemo bagera kuri 60% baregwa ibyaha bisanzwe biganjemo abazira ibiyobyabwenge.

               Umukozi wa Muhabura arimo gutera igiti N’umugororwa wa Gereza ya Nyarugenge

       Abacungagereza n’abagororwa bitabiriye umuganda wo gutera Igiti kuri Gereza ya Nyarugenge


Aba Tigiste ba TIGE ya Mageragere bitabiriye umuganda wo gutera igiti.
rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.