Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gitanga Indangamuntu (NIDA) batangije igikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa ngo bahabwe indangamuntu
Igikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa kizamara amezi atatu cyatangiriye muri gereza zo mu ntara y’amajyaruguru arizo Gicumbi na gereza ya Musanze.
Abagororwa kimwe n’abandi banyarwanda bemerewe gutunga indangamuntu. Abafotorwa ni abasanzwe badafite indangamuntu barimwo abafunzwe cyera, babaruwe ariko ntibafotorwe ngo bahabwe indangamuntu.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS SSP Hillary SENGABO avuga ko kuba Imfungwa n’abagororwa barimo gufotorwa ngo bahabwe indangamuntu batemerewe kuzitunga ku mpamvu z’umutekano ubuyobozi bwa gereza burazibabikira bukazibaha batashye mu ngo zabo.
Imfungwa n’abagororwa bose nibabona indangamuntu bizaborohereza kubavuza kuko abagororwa bose ubu bari mu bwisungane mu kwivuza mutuelle de santé kandi RSSB ikaba isaba nomero y’indangamuntu kugirango uri muri mituwele avurwe.
Umuvugizi wa RCS yagize ati: “Indangamuntu zihabwa abagororwa ni nk’izabandi banyarwanda, icyo bizadufasha ni uko niba buri mugororwa nabona indangamuntu, kumuvuza bizatworohera kuko iyo bageze kwa muganga babazwa nomero y’indangamuntu kugirango bavurwe kimwe nk’abandi baturage bari muuri mituwele”
Umukozi uhagarariye NIDA muri iki gikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa UMUHOZA Liliane avuga ko iki gikorwa cyo kubarura no gufotora Imfungwa n’Abagororwa, buri mugororwa ahabwa nomero y’ikarita ndangamuntu kugirango bashobore kubona serivise zo kwivuza.
Kugeza ubu imfungwa n’Abagororwa bari muri gereza zicugwa na RCS ni 65.997, abagera ku 15000 nibo bateganijwe gufotorwa kuko abandi bafunzwe barahawe indangamuntu.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.