Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gitanga Indangamuntu (NIDA) batangije igikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa ngo bahabwe indangamuntu
Igikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa kizamara amezi atatu cyatangiriye muri gereza zo mu ntara y’amajyaruguru arizo Gicumbi na gereza ya Musanze.
Abagororwa kimwe n’abandi banyarwanda bemerewe gutunga indangamuntu. Abafotorwa ni abasanzwe badafite indangamuntu barimwo abafunzwe cyera, babaruwe ariko ntibafotorwe ngo bahabwe indangamuntu.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS SSP Hillary SENGABO avuga ko kuba Imfungwa n’abagororwa barimo gufotorwa ngo bahabwe indangamuntu batemerewe kuzitunga ku mpamvu z’umutekano ubuyobozi bwa gereza burazibabikira bukazibaha batashye mu ngo zabo.
Imfungwa n’abagororwa bose nibabona indangamuntu bizaborohereza kubavuza kuko abagororwa bose ubu bari mu bwisungane mu kwivuza mutuelle de santé kandi RSSB ikaba isaba nomero y’indangamuntu kugirango uri muri mituwele avurwe.
Umuvugizi wa RCS yagize ati: “Indangamuntu zihabwa abagororwa ni nk’izabandi banyarwanda, icyo bizadufasha ni uko niba buri mugororwa nabona indangamuntu, kumuvuza bizatworohera kuko iyo bageze kwa muganga babazwa nomero y’indangamuntu kugirango bavurwe kimwe nk’abandi baturage bari muuri mituwele”
Umukozi uhagarariye NIDA muri iki gikorwa cyo gufotora imfungwa n’abagororwa UMUHOZA Liliane avuga ko iki gikorwa cyo kubarura no gufotora Imfungwa n’Abagororwa, buri mugororwa ahabwa nomero y’ikarita ndangamuntu kugirango bashobore kubona serivise zo kwivuza.
Kugeza ubu imfungwa n’Abagororwa bari muri gereza zicugwa na RCS ni 65.997, abagera ku 15000 nibo bateganijwe gufotorwa kuko abandi bafunzwe barahawe indangamuntu.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.