Taliki 24 Kamena 2023, ku magororero yose habaye umuganda rusange mu Gihugu hose, Abakozi b’Igororero rya Rwamagana barikumwe n’abaturage b’Umurenge wa Muhazi, Akagari ka Karitutu bakoranye umuganda wo gutunganya umuhanda, nyuma y’umuganda baganirizwa kuri gahunda zitandukanye, aho umuyobozi w’Igororero yasabye abitabiriye umuganda kwirinda kuzana ibitemewe igihe baje gusura abantu babo bari mu Igororero.
SP Ephrem Gahungu, umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana, yabwiye abitabiriye umuganda ko bagomba kwirinda kuzana ibitemewe igihe baje gusura ababo.
Yagize ati” Bimaze kugaragara ko hari abantu baza gusura bakazanira abantu babo ibintu bitemewe, nabasabaga ko mwabicikaho, mukajya muza kubasura ariko mukirinda kubazanira ibibujijwe kuko kubibuza haba hari impamvu harimo no kurengera ubuzima bw’abantu banyu, kuko biri munshingano dufite, mugerageze kubyirinda kuko uwo bizagaragaraho azabihanirwa ndetse agahabwa ibihano bikakaye akabera urugero abandi.”
Kuri buri gororero buri cyumweru cya nyuma cy’ukwezi haba hari ibikorwa bitandukanye byateganyijwe bigomba gukorwa mu muganda rusange, mu rwego rwo gukomeza gushaka ibisubizo nkuko abanyarwanda bose babyiyemeje binyuze mu bikorwa by’umuganda rusange.
Abakozi b’Igororero rya Rwamagana bakoranye umuganda n’abaturage b’umurenge wa Muhazi.
Nyuma y’umuganda abaturage baganirijwe n’umuyobozi w’Igororero abasaba kwirinda kuzana ibitemewe baje gusura abantu babo bari mu Igororero.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.