Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagera kuri 327 b’Igororero rya Muhanga basoje bahawe impamenyi zuko bamenye gusoma, kubara no Kwandika

Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi witabiriwe n’umuyobozi w’Igororero rya Muhanga SP Tharicisse Nshimiyimana Ushinzwe amasomo muri iryo Gororero SP Rose Ingabire, witabirwa kandi Basigirende Venancie wari umushyitsi mukuru waje uhagarariye umuyobozi w’Akarere ka Muhanga,  kuko nako gafatanya n’Igororero mu gufasha abiga gusoma kubara no Kwandika, bashimira abasoje bahawe impamyabumenyi.

Ndayishimiye Innocent umwe mubahawe impamyabumenyi yavuze ko yakuze yibera mu nka atabonye umwanya wo kujya mu ishuri.

Yagize ati” sinagize amahirwe yo kujya mu ishuri kuko niberaga mu nka, ari nabyo byantakururiye ibyago byo gukora ibyaha kubera ubujiji, ariko ubu ndashima ubuyobozi bw’Igororero bwadufashije tukiga gusoma kubara no kwandika ubu umuntu akaba atazongera kugera ahantu ngo ayoboze kandi hari ibyapa.”

Mugiraneza Gilbert nawe aravuga ko aho yajyaga yibwa amafaranga aho yajyaga akora kubera kutamenya kubara agahabwa make.

Yagize ati” Najyaga nibwa amafaranga kubera kutamenya kubara, bampaga amafaranga make nkabika kubera ko ntashoboraga kuyibarira, ariko ubu nagiriwe amahirwe ndi umwe mu bayobozi mu gipangu nyuma yuko maze kumenya gusoma no kwandika kandi sinzahagarikira aha nzakomeza kwiga n’ibindi cyane indimi zigezweho.”

Basigirende Venancie wari umushyitsi mukuru waje uhagarariye umuyobozi w’ Akarere ka Muhanga, yavuze ko aribyiza kubona abantu bize bakuze bishimira ko bamenye gusoma.

Yagize ati” Ni ikintu gishimishije kubona umuntu wize gusoma, kubara no kwandika ari mu Igororero, aya mahirwe mwakuye hano azababere impamba yo kwiteza imbere kuko kubaho utazi gusoma no kwandika uba umeze nk’impumyi ariko ubu hari byinshi muzajya mwikorera mudasabye ubufasha, reba kugera mumasangano y’umuhanda ukayoboza kandi hari ibyapa bikuyobora, birababaje mbifurije gukomeza gukurikirana n’andi masomo ntimuzagarukire aho.”

Umuyobozi w’Igororero rya Muhanga SP Tharicisse Nshimiyimana, arasaba abahawe impamyabumenyi gukomeza bakiga n’ibindi kuko iyi ari intangiriro.

Yagize ati “ Ndabanza gushimira mwese abahawe impamyabumenyi ko mwamenye gusoma, kubara no kwandika, iyi ni intangiriro muzakomeze mwige n’ibindi bitandukanye mufungure amaso kuburyo muzasubira mubuzima busanzwe bagatungurwa n’ubumenyi mwakuye mu Igororero.”

Nkuko biri mu nkingi 4 Urwego rw’u Rwanda rushizwe Igorora RCS rufite arizo ubutabera, Kugorora, umutekano n’umusaruro,  bikaba bibarizwa mu nkingi yo kugorora kuko iyo umuntu aje gufungwa akagira ubumenyi yunguka hari urwego rwiza aba agezeho mu iterambere runaka cyane gukuza imitekerereze, bigatuma hari byinshi abashya kwigezaho buturutse ku kumenya gusoma kubara no kwandika.

 

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.