Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare


Ubwo yaganiraga n’abana bagororerwa muri iri Gororero, Yolanda yibukije abitabiriye uyu muhango ko ari umwanya mwiza wo gusobanukirwa imvo n’imvano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abibutsa ko mu gihe cya Jenoside hari abana nk’abo bijanditse muri ubwo bwicanyi kubera ubutegetsi bubi bwarangaga abategetsi icyo gihe.
Yasabye abana kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside iyo ariyo yose kuko ari kimwe mu byatumye imbaga y’abatutsi yicwa icyo gihe.
Yagize ati nim we Rwanda rwejo, nimwe mugomba kurwanya ingengabitekerezo yagejeje Abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Twe turashaje, ariko mufite amahirwe ko hariho Leta y’Ubumwe idaha agaciro amacakubiri.”
Umwanditsi Yolanda yasabye abana gusoma igitabo cye kugirango basobanukirwe amateka yaranze u Rwanda mu gihe cya mbere na nyuma ya Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994.
Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Theos Badege wari witabiriye uyu muhango, akaba n’Umushyitsi mukuru kuri uyu munsi, yashimiye Umwanditsi Yolanda Mukagasana ku ruhare atanga mu gusobanurira abato amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi, asaba abana kuzasoma iki gitabo cyamuritswe bakarushaho gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda.

Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCG Theos Badege yari yitabiriye iki gikorwa cyabereye mu Igororero rya Nyagatare.

Yolanda akomeje gutanga umusanzu ukomeye mu gusobanurira abantu amateka mabi yaranze igihugu cy’u Rwanda by’umwihariko mu magororero atandukanye aho na bamwe mu bakoze Jenoside bakiri mu bihano by’uko bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye bo mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora.
DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

2 weeks ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.