Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Nk’uko inyito ibisobanura, ‘Igororero’ ntihakiri ahantu ho gufungira uwagonganye n’amategeko gusa ahubwo hagomba kuba ahantu ho gufasha uwakoze icyaha guhinduka umuturage mwiza wigirira akamaro akanakagirira igihugu cye.

Igororero rya Huye rifite amashuri akomeye, arimo ishuri n’uruganda abagororwa bigiramo umwuga wo gukora amasafuriya, hakaba ari naho hakorerwa amasafuriya n’ibindi bikoresho bitandukanye byifashishwa mu gutekera abagororwa mu magororero yo hirya no hino mu gihu.

Amasafuriya akorwa n’abagororwa bo mu Igororero rya Huye ni yo akoreshwa mu guteka mu magororero yose.

Mu ntego za RCS zitandukanye harimo no kubyaza umusaruro ibikorwa biteza imbere igihugu, ni muri urwo rwego ubumenyi abagororwa bahabwa mu mashuri y’igororero batangira kububyaza umusaruro bakikorera bimwe mu bikoresho bakenera umunsi ku munsi, bityo bikanagabanya ikiguzi leta yatangaga mu kubibashakira

Iyo uganiriye n’abagororwa usanze muri iri shuri, bakubwira ko uyu mwuga bawuhisemo bawukunze cyane kandi babona ko uzabateza imbere igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko basubiye mu miryango yabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, Chief Superintendent Hillary Sengabo yemeza ko iri shuri rikaba n’uruganda ari ingirakamaro ku buzima bw’abagororwa, kuko amasafuriya yose akoreshwa mu magororero atandukanye ari ho akorerwa bikanasigira abagororwa ubumenyi buzababeshaho igihe basubiye mu miryango.

Gukora amasafuriya si wo mwuga wonyine wigishwa kuko mu magororero atandukanye hari indi myuga irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi, ikoranabuhanga, gutunganya ibikomoka ku mpu, gutunganya imisatsi, ubwubatsi n’ibindi.

Abiga uyu mwuga w’ubucuzi bambara ibikoresho birinda imibiri yabo gukomereka cyangwa kwangirika.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 days ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

5 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.