Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Nk’uko inyito ibisobanura, ‘Igororero’ ntihakiri ahantu ho gufungira uwagonganye n’amategeko gusa ahubwo hagomba kuba ahantu ho gufasha uwakoze icyaha guhinduka umuturage mwiza wigirira akamaro akanakagirira igihugu cye.

Igororero rya Huye rifite amashuri akomeye, arimo ishuri n’uruganda abagororwa bigiramo umwuga wo gukora amasafuriya, hakaba ari naho hakorerwa amasafuriya n’ibindi bikoresho bitandukanye byifashishwa mu gutekera abagororwa mu magororero yo hirya no hino mu gihu.

Amasafuriya akorwa n’abagororwa bo mu Igororero rya Huye ni yo akoreshwa mu guteka mu magororero yose.

Mu ntego za RCS zitandukanye harimo no kubyaza umusaruro ibikorwa biteza imbere igihugu, ni muri urwo rwego ubumenyi abagororwa bahabwa mu mashuri y’igororero batangira kububyaza umusaruro bakikorera bimwe mu bikoresho bakenera umunsi ku munsi, bityo bikanagabanya ikiguzi leta yatangaga mu kubibashakira

Iyo uganiriye n’abagororwa usanze muri iri shuri, bakubwira ko uyu mwuga bawuhisemo bawukunze cyane kandi babona ko uzabateza imbere igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko basubiye mu miryango yabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, Chief Superintendent Hillary Sengabo yemeza ko iri shuri rikaba n’uruganda ari ingirakamaro ku buzima bw’abagororwa, kuko amasafuriya yose akoreshwa mu magororero atandukanye ari ho akorerwa bikanasigira abagororwa ubumenyi buzababeshaho igihe basubiye mu miryango.

Gukora amasafuriya si wo mwuga wonyine wigishwa kuko mu magororero atandukanye hari indi myuga irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi, ikoranabuhanga, gutunganya ibikomoka ku mpu, gutunganya imisatsi, ubwubatsi n’ibindi.

Abiga uyu mwuga w’ubucuzi bambara ibikoresho birinda imibiri yabo gukomereka cyangwa kwangirika.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

1 day ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

2 weeks ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 month ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

This website uses cookies.