Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Nk’uko inyito ibisobanura, ‘Igororero’ ntihakiri ahantu ho gufungira uwagonganye n’amategeko gusa ahubwo hagomba kuba ahantu ho gufasha uwakoze icyaha guhinduka umuturage mwiza wigirira akamaro akanakagirira igihugu cye.

Igororero rya Huye rifite amashuri akomeye, arimo ishuri n’uruganda abagororwa bigiramo umwuga wo gukora amasafuriya, hakaba ari naho hakorerwa amasafuriya n’ibindi bikoresho bitandukanye byifashishwa mu gutekera abagororwa mu magororero yo hirya no hino mu gihu.

Amasafuriya akorwa n’abagororwa bo mu Igororero rya Huye ni yo akoreshwa mu guteka mu magororero yose.

Mu ntego za RCS zitandukanye harimo no kubyaza umusaruro ibikorwa biteza imbere igihugu, ni muri urwo rwego ubumenyi abagororwa bahabwa mu mashuri y’igororero batangira kububyaza umusaruro bakikorera bimwe mu bikoresho bakenera umunsi ku munsi, bityo bikanagabanya ikiguzi leta yatangaga mu kubibashakira

Iyo uganiriye n’abagororwa usanze muri iri shuri, bakubwira ko uyu mwuga bawuhisemo bawukunze cyane kandi babona ko uzabateza imbere igihe bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko basubiye mu miryango yabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, Chief Superintendent Hillary Sengabo yemeza ko iri shuri rikaba n’uruganda ari ingirakamaro ku buzima bw’abagororwa, kuko amasafuriya yose akoreshwa mu magororero atandukanye ari ho akorerwa bikanasigira abagororwa ubumenyi buzababeshaho igihe basubiye mu miryango.

Gukora amasafuriya si wo mwuga wonyine wigishwa kuko mu magororero atandukanye hari indi myuga irimo ubudozi, ububaji, ubukanishi, ikoranabuhanga, gutunganya ibikomoka ku mpu, gutunganya imisatsi, ubwubatsi n’ibindi.

Abiga uyu mwuga w’ubucuzi bambara ibikoresho birinda imibiri yabo gukomereka cyangwa kwangirika.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

2 days ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

2 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 month ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.