Categories: Amakuru ya RCSSlider

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Intego nyamukuru za RCS ni ukubungabunga umutekano w’aboherejwe n’inkiko mu magororero barimo abakatiwe ibihano n’abatarakatirwa bagafashwa kubona ubutabera.

Ibi bijyana no kubafasha kugororoka no gusubira mu miryango barahindutse, hakiyongeraho no kubyaza umusaruro ibikorwa byazamura iterambere rya RCS n’Igihugu muri Rusange.

Superintendent D.E Nyagatare, asobanura ko imishinga yose akurikirana iri kugira uruhare rukomeye mu gutanga ubutabera buboneye no gufasha abagororwa kuzagira imibereho myiza igihe barangije ibihano.

Yakomoje ku mushinga RCS ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Iterambere (UNDP) wo kubaka ibyumba by’iburanisha rikorerwa ku ikoranabuhanga (E-Court), avuga ko ubu ibyo byumba bimaze kubakwa ku magororero ya Nyarugenge, Rwamagana, Rubavu, Nyamagabe na Huye.

Ati “aho hose hari ibyumba bigezweho byiza twashyizemo ibikoresho bigezweho bidufasha kwihutisha iburanisha ku batararangiza kuburana bityo bakabona ubutabera ku gihe.”

Akomeza avuga ko birinda impamvu zatuma imanza zitinda kandi n’umutekano ukabungabungwa neza, ati “abagororwa ni amahirwe bafite yo kuburana batiriwe bava ku Igororero, bityo bikadufasha kwita ku mibereho yabo, kuko iyo bagiye kuburana mu nkiko uwo munsi biragoye ko babonera ifunguro ku gihe, ndetse n’abagore bafite abana na ba banyantege nke babasha guhabwa serivisi zihuse bidasabye ko babasubikira.” 

ibyumba by’iburanisha rikorerwa ku ikoranabuhanga (E-Court), bimaze kubakwa ku magororero 5.

Uyu mushinga kandi ufite ikindi gice cyo kubaka uruganda rutanga ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku magororero, ku ikubitiro rukaba rwarubatswe ku Igororero rya Nyamagabe hagamijwe gufasha igororero kubona ingufu z’amashanyarazi zihagije no kwirinda ibura ry’amashanyarazi mu bikorwa bihakorerwa.

Yagize ati “nk’umushinga wo gushyiraho uruganda rw’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, ugabanya ikiguzi twatangaga mu gucanira igororero no mu bindi bikorwa bitanga umusaruro, izo mbaraga rero tuzakomeza tuzikoreshe kandi Leta y’u Rwanda binyuze muri RCS izakomeza gukurikirana ibyo bikorwa kugira ngo imishinga nk’iyo n’ibyo bikorwa bibe byagezwa ku magororero yose n’ahandi RCS ifite ibikorwa bitandukanye.”

Uruganda rutanga ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba rwubatswe ku Igororero rya Nyamagabe.

Superintendent Nyagatare kandi akomeza avuga ko hari undi mushinga ukomeye RCS ifatanyije n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) mu kubaka amashuri agezweho ku magororero no kwigisha abagororwa imyuga n’ubumenyingiro itandukanye.

Avuka ko uwo mushinga wongera ubushobozi n’ubumenyi mu myuga irimo “Ubudozi, ubukanishi, ububaji, ikoranabuhanga (computer literacy), ubwiza no gutunganya imisatsi, gusudira, ubwubatsi, gukora amazi (plumbing), no gukora ibikoresho bitandukanye bikomoka ku mpu.”

Ayo akaba ari amashami umugororwa ahitamo ku bushake bitewe n’amahitamo ye kugira ngo ubumenyi akuyemo buzamufashe kwibeshaho no guteza imbere umuryango we igihe arangije ibihano yakatiwe n’urukiko.

Amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro afasha abagororwa kwiteza imbere igihe basubiye mu miryango.
Umugororwa ahitamo umwuga akunda akaba ari wo yiga.

Muri uwo mujyo wo gufasha abagororwa kugororoka no kwirinda ko habaho insubiracyaha, hari n’undi mushinga mugari RCS ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa barimo ‘The starling Foundation hamwe na ‘The Church of Jesus Christ of Latter-day Saints’ ugamije kubaka ibigo bifasha abagororwa kwitegura gusubira mu miryango igihe bagiye kurangiza ibihano byabo.

Uyu mushinga mugari watangiriye mu Karere ka Rwamagana aho kugeza ubu ikigo nk’iki cya mbere cyitwa ‘Rwamagana Social Reintegration Centre’ kigeze mu mirimo yacyo ya nyuma ndetse kikaba cyaranatangiye gukoreshwa.

Rwamagana Social Reintegration Centre niyuzura biteganyijwe ko izajya yakira abagororwa bagera ku 2500.

Imishinga yose iri kujya mbere igamije kuzamura ubumenyi n’imibereho myiza y’abagororwa bigafasha kugera ku ntego nyayo yo kugorora hirindwa insubiracyaha ku wagikoze.

Superintendent Delano Evariste Nyagatare nk’umuhuzabikorwa w’imishinga itandukanye iri  mu Rwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, avuga ko amarembo afunguye ku bafatanyabikorwa bose bujuje ibisabwa n’ubuyobozi bwa RCS, bakaba bifuza gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere Igihugu binyuze mu nshingano za RCS.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy'Inama y'abaminisitiri cyo gufungura by'agateganyo abagororwa bagera ku…

2 months ago

This website uses cookies.