Ni igikorwa cyabereye icyarimwe mu magororero yose yo hirya no hino mu gihugu cyitabiriwe n’abakozi ba RCS ndetse n’abagororwa.
Gahunda yo kwibuka yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo ibiganiro ku mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibihe byo kubunamira.
Abitabiriye ibi bikorwa banakurikiranye kuri televiziyo gahunda nyamukuru y’igihugu yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, aho Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yatangirije ku mugaragaro iki cyumweru cy’icyunamo.
Iki gihe cyo kwibuka ni umwanya wo gusubiza amaso inyuma, guha agaciro ubuzima bw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, no gukomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, haba mu magororero no hanze.
Ku Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS na ho bifatanyije n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy'Inama y'abaminisitiri cyo gufungura by'agateganyo abagororwa bagera ku…
This website uses cookies.